• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
03/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
03/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
03/11/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Amahoro muri Santarafurika bavuye abaturage ku buntu

Umwanditsi
July 1, 2018

Ku italiki ya 30 Kamena 2018, abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro (MINUSCA) mu gihugu cya Centafrica bavuye  ku buntu abaturage batuye mu mujyi wa Bangui muri iki gihugu.

Ubu buvuzi bwahawe abaturage basaga 400 barimo abakuru n’abato, basuzumwe indwara zitandukanye ndetse banahawe imiti yazo.

Iki gikorwa cyo kuvura aba baturage, Polisi ikaba yaragifatanyije n’indi miryango bakorana mu kubungabunga amahoro muri iki gihugu cya Centrafrica.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’umuyobozi w’ibikorwa by’inzego zishinzwe umutekano muri MINUSCA,Maj Gen. Muhammed Selloum n’abayobozi bakuru b’iki gihugu.

Mu ijambo rye, Major Gen. Muhammed Selloum, yashimiye Polisi y’u Rwanda ku gikorwa kiza yakoze cyo kuvura abaturage ku buntu.

Yaragize ati” MINUSCA iri muri iki gihugu cyanyu kugirango ibarinde mu buryo butandukanye burimo no kugira amagara mazima, ari nayo mpamvu Polisi y’u Rwanda yaje kubavura indwara zitandukanye.”

Umuyobozi wungirije  w’akarere ka 8  mu mujyi wa Bangui, Andre Ndemangou, nawe yashimiye Polisi y’u Rwanda ku gikorwa cyiza bakoze baha imiti ku buntu abaturage batuye muri kariya gace.

Yagize ati” Malaria n’inzoka zo mu nda n’indwara zikunze kugaragara muri aka gace cyane cyane ku bana bato, ndabashimiye rero ku gikorwa cyiza nk’iki mwakoze mubaha imiti”.

Umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrica, Assistant Commission Sam Rumanzi (ACP), yavuze ko  umutekano uhera ku kugira ubuzima bwiza.

Yagize ati” Turashimira abayobozi b’akarere ka 8 badufashije bakaduha aho tuvurira aba baturage, rero ntabwo wacungira umutekano umuntu mu gihe afite ubuzima bubi ,niyo mpamvu Polisi yabanje gutanga ubuvuzi ku buntu ku baturage batuye muri aka gace”.

Yakomeje ababwira ko bari muri kiriya gihugu mu buryo bwo kubacungira umutekano kandi ko no mu bindi bikorwa bazakomeza gufatanya.

Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5903 Posts

Politiki

4154 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1026 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga