• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Imodoka zifite ibirahure byijimye zashyiriweho umukwabu wo kuzifata

Umwanditsi
July 19, 2018

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda Senior Superintendent of Police (SSP) Jean Marie Vianney Ndushabandi, yatangaje ko Polisi y’u Rwanda, ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryatangiye gukora umukwabu wo gufata imodoka zifite ibirahure byijimye mu gihugu hose.

SSP Ndushabandi yavuze ko imodoka zifite ibirahure byijimye zitemewe, avuga ko ababifite ku modoka zabo baba bica amategeko n’amabwiriza agenga ikoreshwa ry’umuhanda.

Yavuze ati:”Dushingiye ku iteka rya Perezida wa Repubulika n°85/01 ryo ku wa 02/09/2002 rishyiraho amabwiriza rusange agenga imihanda n’uburyo bwo kuyigendamo, by’umwihariko ingingo yaryo ya 85, ndetse n’ubukangurambaga twakoze mu bihe bishize ariko abatunze ibinyabiziga bifite ibi birahure bakavunira ibiti mu matwi, kuri uyu Wa gatatu tariki ya 18 Nyakanga 2018 twatangiye umukwabu mu gihugu hose wo gufata imodoka zigifite ibirahure byijimye no guhana ba nyirazo, tutaretse no kubasaba kubikuraho.”

Iyi ngingo ya 85 ivuga ko “Ibintu bibonerana bigize umubiri w’inyuma w’ikinyabiziga   habariwemo ikirahuri gihagarika umuyaga cyangwa ibigize ikibambasi cy’imbere, bigomba kuba bikoze ku buryo iyo bimenetse, ibyago byo gukomereka byagabanuka uko bishoboka kwose.”

Ikomeza ivuga ko “ibirahure byo guhagarika umuyaga bigomba kuba bikozwe mu bintu bibonerana bidacuya kandi bikaba bikozwe ku buryo bidahindura isura y’ibireberwamo kandi mu gihe bimenetse, umuyobozi agakomeza kubona bihagije inzira nyabagendwa.”

SSP Ndushabandi yakomeje avuga ati:”Nubwo twakomeje gukora ubukangurambaga tukanagira inama abafite imodoka zifite ibirahure byijimye ngo babikureho kuko baba bica amategeko n’amabwiriza agenga ikoreshwa ry’umuhanda, byaragaragaye ko imodoka nk’izi zikomeza kwiyongera, bikaba aribyo byatumye dukora uyu mukwabu ngo tubakangurire kubahiriza amategeko.”

Yavuze kandi ati:”Turagira inama abafite imodoka zifite ibi birahure byijimye kubihindura, kugirango batazabihanirwa hakurikijwe amategeko.”

Ku munsi wa mbere w’uyu mukwabu, hafashwe imodoka hafi 100 zifite ibirahure byijimye.

SSP Ndushabandi yasoje avuga ati:”Nk’uko bisanzwe, guhana abanyamakosa bikorwa ari uko izindi ngamba zose zananiranye, tukaba dusaba abafite imodoka zifite ibirahure byijimye gukurikiza amategeko n’amabwiriza aho kugirango bazabikore bamaze no kubihanirwa.”

Imodoka zifite ibirahure byijimye rimwe na rimwe zikorerwamo ibyaha nko kunywebwamo ibiyobyabwenge, kujyana abana mu bikorwa bitemewe n’amategeko nko kubajyana mu tubari, mu tubyiniro ndetse rimwe na rimwe mu bikorwa by’urukozasoni.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga