• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyaruguru: Barasabwa kwirinda ikintu cyose cyateza inkongi y’umuriro

Umwanditsi
August 19, 2018

Kuri uyu wa 17 Kanama 2018 mu karere ka Nyaruguru mu murenge wa Mata akagari ka Ruramba ishyamba rizwi nk’ibisi bya Huye ryafashwe n’inkongi y’umuriro yangiza ubuso bungana na Hegitari 20(Ha20). Polisi ikorera muri aka karere ikaba isaba abaturage kwirinda ibintu bishobora guteza inkongi y’umuriro muri ikigihe cy’impeshyi.

Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyaruguru, ifatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, DASSO n’abaturage babashije kuzimya iyi nkongi yari yibasiye Ishyamba ry’ibisi bya Huye.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’amajyepho Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kayigi avuga ko inkongi y’umuriro yatewe n’uburangare bw’abantu batwikiramo amakara.

Yagize ati “Bamwe mu bakora imirimo yo gutwika amakara mu bisi bya Huye nibo nyirabayazana w’inkogi yatwitse Hegitari zirenga 20 kuko batapfutse neza urwina batwikiramo amakara maze umuyaga ukaza gukwirakwiza ibishirira mu ishyamba inkongi ikaduka ityo.

CIP Kayigi yaboneyeho kwibutsa abaturage ko mu gihe cy’impeshyi akantu gato k’umuriro gashobora guteza inkongi y’umuriro.

Yagize ati “Tuributsa abantu bose ko mu gihe cy’impeshyi akantu gato k’umuriro  gashobora guteza inkongi  kuko  n’agasigazwa kitabi gashobora guteza inkongi kuko ibyatsi biba byarumye bikaba byoroshye gufatwa n’umuriro”

CIP Kayigi asoza yibutsa abaturage ko kwigabiza imirima n’amashyamba bya Leta bihanwa n’amategeko.

Yagize ati’’ Hari aho usanga muri aka gace bamwe mu baturage baca murihumye inzego z’ibanze bakigabiza amashyamba ya Leta bakayatwika, turabasaba ko mwabihagarika kuko ubifatiwemo abihanirwa.

Andre Maniraho umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge, yashimiye abaturage batuye akagari ka Ramba imbaraga bakoreshe bazimya umuriro anabibutsa ko gutwika imisozi byangiza ibidukikije.

Yagize ati:’’ Ndabashimira imbaraga mwagaragaje mu gikorwa cyo kuzimya agace k’ishyamba ry’ibisi bya Huye kari mukarere kacu, ni umwanya mwiza wo gukangurira bagenzi banyu bagifite umuco wo gutwika imisozi baba abashaka aho kuragira amatungo ndetse n’abatwika amakara mukabereka ingaruka mbi  bifite kubidukikije kuko bifitanye isano n’ibiza igihugu cyacu cyimaze iminsi gihura nabyo.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga