• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi: Mwarimu Nyiraminani ntabwo yumvikana n’umwarimu uhora uganya avuga ko ahembwa make, ibi ngo ni no kutanyurwa

Umwanditsi
October 8, 2018

Marie Claire Nyiraminani, Yatowe nka mwarimu windashyikirwa mu karere ka Kamonyi, yabaye kandi uwa kabiri ku rwego rw’intara. Akorera umwuga we w’uburezi mu rwunge rw’amashuri rwa Gatizo ho mu Murenge wa Gacurabwenge. Avuga ko mwarimu adakwiye guhora aganya cyangwa ngo yifpobye mu kazi ke. Ibi ngo ni imyumvire mike ishobora no gutuma amahirwe ari imbere ya mwarimu atayabona. Atangaza ko urwego rwo kuganya yarurenze akiteza imbere.

Mwarimu Nyiraminani Marie Claire, ku myaka 11 amaze yigisha avuga ko uyu mwuga wo kwigisha yawukuyemo byinshi byamufashije kugera ku iterambere mu gihe hari bagenzi be bisuzugura bakanasuzugura umwuga bakora, bakanatuma agaciro kabo kabonwa nk’agaciriritse kandi ari abantu bakomeye. Asaba bagenzi be kudaha urwaho ababaca intege, bakihesha agaciro ubwabo.

Agira ati” Uyu mwuga w’uburezi ndawubaha, ntabwo njya nywusuzugura nta n’ubwo numvikana n’umuntu uvuga ko ahembwa amafaranga make cyangwa se ngo awupfobye. Njyewe ungejeje kuri byinshi, ikibazo kiba ku myumvire y’umuntu, uko byaba bimeze kose nta gishoro kitaguteza intambwe.”

Mwarimu Nyiraminani ashyikirizwa igihembo cy’Indashyikirwa.

Akomeza ati “ Twumva n’abahereye kubiceri 2 ariko ubu bakaba bakomeye, ntabwo ari twe duhembwa amafaranga make ku buryo twakena. Hari abadakoresha neza amahirwe bafite ugasanga baheze mu bucakara bw’ibitekerezo by’ubukene, bakiyima amahirwe yo gukorana n’ibigo by’imari nk’Umwalimu SACCO. Dufite amahirwe yo gukora tugatera imbere turamutse twaguye intekerezo tukirinda abacantege.”

Ahereye ku mafaranga ahembwa, Ibimina hagati ye na bagenzi be ndetse n’inguzanyo avuga ko akesha Umwalimu SACCO, Nyiraminani avuga ko yabashije kugura Moto umutware we agendaho bityo bakaba barazigamye ayo yakoreshaga atega, yiyubakiye inzu iri muri Gasabo ya Kigali ikodeshwa aruta ay’umushahara we, yaguze kandi ikibanza aza kugisubiza nyuma y’imyaka itatu akigurisha akubye gatatu ayo yakiguze ayakoresha ibindi bikorwa bitandukanye byatumye ajya mu ihiganwa akagirwa Indashyikirwa kuko uretse kuba yigisha yanagaragaje ko yiteje imbere.

Kuba bamwe mu barimu bahora baganya, barira ko bahembwa make, mwarimu Nyiraminani abibonamo kutanyurwa, imyumvire mikeya no kutamenya amahirwe Mwarimu afite ugereranije n’abandi, kuko ngo Umwarimu SACCO bafite abaha inguzanyo ku nyungu itaba ahandi ku buryo ushaka gukora ngo yiteze imbere bimworoheye kurusha undi wese.

Ahamya ko aya maganya ya bamwe mu barimu kandi ngo anaterwa no kuba bamwe baba ba Nyamwigendaho, kuko ngo ukoranye n’abandi bafite ibitekerezo bizima, ukibumbira mu bimina ntube Nyamwigendaho, ukegera Umwalimu SACCO ngo nta kabuza watera intambwe ukarenga imbogamizi aho guhora urira ngo urakennye.

Abayobozi batanduanye n’abarimu babaye indashyikirwa ku munsi wa Mwarimu muri Gacurabwenge.

Mwarimu Nyiraminani, niwe mwarimu wahize abandi mu Karere ka Kamonyi uyu mwaka wa 2018, yarabihembewe ku munsi wa Mwarimu wabaye tariki 5 Ukwakira 2018. Ku rwego rw’intara y’amajyepfo kandi uyu mwarimu yegukanye umwanya wa Kabiri.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Jean says:
    October 9, 2018 at 5:00 pm

    IPAD,NK’IGIHEMBO?

    BIRASHEKEJE KBS.

    IYO BAGUHEMBA KUKURIHIRA AMAZHURI NIBURA .

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga