• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Hari ibimenyetso by’uko turi mu bihe bya Politiki nziza-Depite Frank Habineza

Umwanditsi
October 25, 2018

Depite Frank Habineza wo mu ishyaka ritavuga rumwe na Leta, asanga ibimaze gukorwa n’ishyaka riri ku butegetsi ( RPF) bimuhamiriza ko hari impinduka muri Politiki y’u Rwanda ziganisha aheza. Kwinjira kwe mu nteko no kugirirwa icyizere agahabwa izindi nshingano, asanga ngo bitazamubera birantega mubyo yijeje abanyarwanda.

Depite Frank Habineza, akomoka mu ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda aho ari nawe muyobozi mukuru waryo, aherutse kwinjira mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda binyuze mu matora rusange y’abadepite yabaye tariki 3 Nzeli 2018.

Depite Habineza, Nyuma y’iminsi isaga 33 arahiye nk’intumwa ya rubanda, asanga hari ibimenyetso by’uko Politiki y’u Rwanda irimo kugana aheza kurusha ibihe byashize. Atangaza ko uruzitiro muri Politiki rwariho mbere rugenda rukurwaho.

Ubwo yaganiraga n’umunyamakuru w’intyoza.com, Depite Frank Habineza yagize ati “ Ugereranije na mbere y’uko twinjira mu nteko, hari uruzitiro rukomeye cyane rwari ruhari, ubu ubona rugenda rufunguka, ubona ko urubuga rwa Politiki ( Espace Politique) iriho iragenda yaguka kurusha uko byari bimeze.”

Kubwa Depite Habineza, ibi ngo bigaragazwa no kuba ishyaka rye ryarabashije gutsinda mu matora y’abadepite aho rifite imyanya 2 mu nteko ishinga mategeko, hari kandi abantu bafunguwe nubwo ngo bari bafite ibyo babazwa n’inkiko ariko ngo bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika, ibintu avuga ko ari byiza mu rwego rwa politiki, kimwe n’ibindi bikorwa ngo bigenda bigaragaza ukwagukwa k’urubuga rwa politiki.

Agira kandi ati “ Hari ibimenyetso bigaragaza y’uko mu by’ukuri turi mu bihe byiza bya Politike nziza yo gutera imbere, bigaragara ko ishyaka riri ku butegetsi naryo ririmo kwiga cyane kwihanganira abo bafite ibitekerezo bitandukanye.”

Depite Frank Habineza, akomeza avuga ko uyu murongo w’ishyaka riri ku butegetsi ( RPF) ari mwiza ndetse ari uwo gushyikikirwa ngo kuko ariwo wo kugeza abanyarwanda mu iterambere rirambye.

Kuba uyu munyapolitiki yarageze mu nteko agatorerwa kuba umwe mu bayobozi b’imwe muri Komisiyo zibarizwa mu nteko, nyuma akaza no gutorerwa kuba umuvugizi w’ihuriro ry’imitwe ya Politiki mu Rwanda, asanga ibi bitazamubera imbogambizi cyangwa se birantega mu gukorera abanyarwanda ibyo yabijeje mu gihe yiyamamazaga ashaka amajwi amushyitsa mu nteko.

Agira ati “ Ahubwo twabonye uruvugiro, ntabwo ari imbogamizi kuba twaragiriwe icyizere tugatorerwa iyi myanya, ni amahirwe twabonye. Ijwi ryacu rizumvikana cyane kurusha uko ryari rimeze,ibibazo by’abanyarwanda tuzajya tubikorera ubuvugizi ariko dufatanye noneho no kubishakira ibisubizo.”

Depite Frank Habineza, atangaza ko kugirirwa icyizere n’abadepite bagenzi be, kugirirwa icyizere n’abagize ihuriro ry’imitwe ya Politike mu Rwanda bitazatuma aceceka kuvuganira abanyarwanda, ko uko yari ari, ariko azakomeza gukora ariko byose ngo mu buryo bwubahirije amategeko kandi bijyanye n’inshingano z’ibyo ashinzwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. hirwa says:
    October 26, 2018 at 7:24 am

    Uretse abantu bigiza nkana hari uwo bitagaragarira ko politike yacu ari nziza, nutemera ko urukwavu ruryoha yemera ko ruzikwirukanka ntawundi dukesha iyo politiki nziza ni nyakubahwa wacu dukunda Paul Kagame.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga