• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyarugenge: Basabwe kurwanya ibyaha binyuze mu mikino n’imyidagaduro

Umwanditsi
October 30, 2018

Kuri uyu wa 28 Ukwakira 2018 mu karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge habereye igitaramo kigamije kurwanya ibiyobyabwenge, inda ziterwa abana n’ibindi byaha binyuze muri siporo. Abitabiriye iki gitaramo, bibukijwe ko imikino ari inzira nziza ihuza abantu bigatuma baganira ku bibazo byugarije umuryango.

Ni igitaramo cyateguwe na Club Mantis yigisha umukino wa Kungufu, cyabanjirijwe n’urugendo rwo kurwanya ibiyobyabwenge rwatangiriye ku biro by’Akagari ka Biryogo rusorezwa ku biro by’Akagari ka Rwampala twombi two mu murenge wa Nyarugenge ari naho igitaramo cyabereye.

Igitaramo cyatumiwemo amakarabu (clubs) y’imikino atandukanye yo mu Karere ka Nyarugenge, kitabirwa n’abasaga 300 aho babwiwe ko siporo ari inzira nyayo yo gukumira no kurwanya ibyaha n’ibindi byose bishobora guhungabanya umutekano.

Uwashinze akaba n’umuyobozi mukuru wa club Mantis, Zhang X Ian ukomoka mu gihugu cy’Ubushinwa yavuze ko bateguye iki gitaramo kugira ngo bashyigikire umurongo wa leta y’u Rwanda wo kurwanya ibiyobwabwenge n’ibindi bikorwa bishobora guhungabanya umutekano.

Ati “Imikino ihuza abantu bagasabana kandi bakaganira ibyubaka,  bakirinda gukora ibintu bibi kuko nk’iyo ukoresha ibiyobwabwenge bikwicira impano ntugire icyo ugeraho bityo rero tubyirinde kugira ngo tube abasiporutifu b’akamaro.”

Chief Inspector of Police CIP Marie Goreth Umutesi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’izindi nzego mu Karere ka Nyarugenge yibukije abitabiriye iki gitaramo ko buri wese afite inshingano yo kurwanya ibiyobyabwenge no gukumira ibindi byaha bityo ko bakwiye kuba abafatanyabikorwa beza muri gahunda zose zo gukumira icyahungabanya umutekano.

Ati “Mwongeye kwibutswa ingaruka mbi z’ibiyobyabwenge n’ibindi bikorwa byose bishobora guteza umutekano muke, ni mudufashe kubirwanya kandi twigishe n’abatarahindura imyumvire.”

Yunzemo ati “Cyane cyane urubyiruko mwibuke ko ari mwe mbaraga z’igihugu, mwirinde ibiyobyabwenge kuko aribyo ntandaro y’ibindi byaha n’ubuzima  bubi.”

Abitabiriye iki gitaramo baturutse mu makarabu (Clubs) atandukanye arimo JAMA Club, African Empire Club, Sport friends n’abanyeshuri biga ku ishuri rya EPA na Biryogo basabwe kurushaho gukorana n’inzego zitandukanye mu kurwanya ibiyobyabwenge kuko bikunze kuba intandaro y’ibindi byaha birimo gusambanya abana, gukubita no gukomeretsa kandi bikangiza ubuzima bw’ubikoresha.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. kananga says:
    October 31, 2018 at 5:54 am

    Imikino n’imyidagaduro ifite uruhare mu gukumira ibyaha, ituma duhura tukidagadura aho kujya mbidukururira ibyaha byongeye duhurira hamwe tukungurana inama zubaka.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga