• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kicukiro: Abakoresha umuhanda basabwe kwirinda ibisindisha mu gihe batwaye ibinyabiziga

Umwanditsi
November 24, 2018

Abakoresha umuhanda barimo abamotari, abanyonzi, abashoferi ndetse n’abanyamaguru kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2018, bahuriye kuri sitade ya Kicukiro mu gitaramo cyo gusoza icyumweru cyahariwe gukumira impanuka zo mu muhanda, aho bahawe ubutumwa bubashishikariza kwirinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha ndetse no gutanga amakuru ku babikora.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr Patrick Ndimubanzi, Umuyobozi mu kuru wa Polisi wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi DGIP Juvenal Marizamunda ndetse n’Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro Dr Nyirahabimana Jeanne.

Abakoresha umuhanda bitabiriye iki gitaramo bakaba basusurukijwe n’abahanzi batandukanye barimo Intore Tuyisenge, Itorero Uruyenzi ndetse na Bruce Melody aho banyuzagamo bagatanga ubutumwa bukangurira abakoresha umuhanda ku gira uruhare mu gukumira impanuka birinda ibiyobyabwenge n’ibisindisha igihe batwaye ibinyabiziga.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr Patrick Ndimubanzi, yibukije abakoresha umuhanda kwirinda ibisindisha  igihe batwaye ibinyabiziga kuko byangiza ubwonko bikaba byateza impanuka.

Yagize ati”Gutwara ikinyabiziga bisaba kuba ushoboye gukoresha ingingo zose z’umubiri, ibisindisha bishobora ku guteza ibitotsi n’umunaniro ukananirwa ku gabanya umuvuduko igihe biri ngombwa bityo ugateza impanuka mu muhanda.’’

Dr Ndimubanzi asoza y’ibutsa ko gukumira impanuka bitareba Polisi gusa ahubwo ko ari uruhare rwa buri wese ukoresha umuhanda kuko afite inshingano zo kubahiriza amategeko y’umuhanda anirinda gutwara ikinyabiziga yasinze.

Umuyobozi mu kuru wa Polisi wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda, yasabye abakoresha umuhanda kugira uruhare mu gukumira impanuka batanga amakuru y’abatwara ibinyabiziga basinze.

Yagize ati” Abashoferi, abamotari mu kwiye guhora muzirikana ko mu gomba kwirinda gutwara ibinyabiziga mwanyoye ibisindisha. Abagenzi bafite inshingano zo kwanga kujya mu modoka igihe babona uyitwaye yasinze kandi bakihutira gutanga amakuru Polisi igatabara.’’

DIGP Marizamunda asoza ashimira abakoresha umuhanda uko bitwaye mu cyumweru cyahariwe gukumira impanuka zo mu muhanda, asaba buri wese gukomeza kuzirwanya kuko zangiza umutungo  n’igihugu kigatakaza amaboko.

Icyumweru cyahariwe gukumira impanuka zo mu muhanda cyatangiye kuwa 18 Ugushyingo, ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Afurika mu kuzirikana umunsi wahariwe umutekano wo mu muhanda.

Muri iki cyumwe kandi, Polisi y’u Rwanda yaragarutse ku bikorwa bitandukanye bigamije gukumira impanuka, birimo gusobanurira abakoresha umuhanda ingaruka z’impanuka, gusura no gutanga ubufasha ku bakomerekeye mu mpanuka zo mu muhanda, gusiga amarangi agaragaza ahagenewe abanyamaguru igihe bambuka umuhanda, ndetse n’ubukangurambaga ku kwirinda ibiyobyabenge n’ibisindisha igihe batwaye ibinyabiziga.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga