• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kigali: Abamotari bashyikirije Polisi mugenzi wabo bakekaho ibyaha byo gushikuza iby’abandi akiruka

Umwanditsi
December 3, 2018

Bamwe mu bamotari bo mu karere ka Gasabo bashyikirije Polisi mugenzi wabo bari bamaze gufata bamukekaho ubujura bwo gushikuza abantu ibyabo agahita yiruka.

Ibi byabereye  mu murenge wa Remera mu kagari ka Rukiri ya mbere kuri uyu wa mbere tariki ya 3 Ukuboza 2018, ubwo Emmanuel Ntawukuriryayo w’imyaka 33 y’amavuko wari utwaye moto ifite ibirango RC 255G yashikuzaga uwitwa Uwase Gisele w’imyaka 22 isakoshi irimo amafaranga, telefoni n’ibyangombwa akirukanka yagera imbere akongera agashikuza Iribagiza Shalon telefoni Tecno W6.

Ibyari mu ishakoshi uyu mu motari yashikuje akirukanka ni telefoni yo mu bwoko bwa I Phone 6, amafaranga ibihumbi 105,000 by’amanyarwanda , indangamuntu, ikarita y’ishuri, visa card n’ibindi bikoresho.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police Emmanuel Kayigi yavuze ko ubwo Ntawukuriryayo usanzwe ari umumotari yashikuzaga isakoshi y’umugenzi akiruka, yageze imbere agashikuza undi telepfoni we agahitamo gutaka atabarwa n’abandi ba motari bafata uwo mugenzi wabo.

Yagize ati “Uwo yibye mbere yayobewe ibimubayeho abura uwo atakira ageze ku wundi yashikuje telefoni niwe wahise ataka aratabaza, abamotari baramukurikira baramufata bamugarura aho abo yari yambuye bari.”

Yakomeje avuga ko uyu mumotari yahise yemera ko yibye aba bakobwa, bimwe mu byo yibye akabisubiza ibindi akabihakana.

Ati “Agifatwa yahise yemera ko yibye nta mananiza, atanga telefoni zombi n’isakoshi ibindi byari biyirimo birimo amafaranga n’ibyangombwa birabura.”

Abamotari bashyikirije irondo ry’umwuga uwo bakekagaho ubujura naryo rimushyikiriza Polisi kugira ngo ashyikirizwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha akurikiranwe ku byaha akekwaho.

CIP Kayigi asoza  ashimira aba  bamotari uruhare bagize rwo kuburizamo no kurwanya ibyaha badahishiriye mugenzi wabo ahubwo bakamushikiriza inzego zibishinzwe ngo zimukurikirane.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga