• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Mushishiro: Abo mu Mudugudu w’ikitegererezo wa kanombe bahigiye kuwugira nka Kanombe ya Kigali

Umwanditsi
January 28, 2019

Abaturage bo mu kagali ka Nyagasozi mu Mudugudu w’ikitegererezo wa Kanombe ho mu murenge wa Mushishiro mu karere ka Muhanga, bihaye umuhigo wo kubaka umudugudu uhiga iyindi mu ntara y’Amajyepfo, ariko by’umwihariko ngo kanombe yabo igasa na Kanombe nziza ya Kigali, aho uhageze atahatandukanya n’aheza asize mu murwa mukuru.

Nyuma y’umuganda usoza ukwezi kwa Mutarama 2019, bamwe mu baturage bawitabiriye batangaje ko bafite intego yo kuza kwisonga muri gahunda yo gukora umudugudu w’ikitegererezo, ariko ngo umudugudu wabo ukazaba ufite umwihariko ku buryo uwugezemo avuye i Kanombe mu murwa mukuru wa Kigali agira ngo niho akiri.

Ntibansekeye Alphred umwe mu baturage bahatuye agira ati « Twebwe twagize amahirwe umudugudu wacu wa Kanombe ugirwa uw’ikitegererezo. Turashaka ko tuzawugira umudugudu ntangarugero mu Ntara yacu, ndetse n’abavuye i Kanombe ya Kigali bagire ngo baracyari mu murwa mukuru.

Gukora umuganda rusange kenshi, no gushyira mu bikorwa iby’ibanze buri rugo rugomba kuba rwujuje ngo ni kimwe mu bizihutisha gahunda yo kugira umudugudu wabo ikitegererezo mu yindi midugudu.

Imihanda ni kimwe mubyo aba baturage batangiriyeho gutunganya.

Mu kwezi kumwe iyi gahunda itangiye, ingo zituye umudugudu w’ikitegererezo wa Kanombe zamaze gushyira mu bikorwa ibyo zisabwa, nko gukora amasuku munzu batuyemo, kugira ibiraro by’amatungo, kugira akarima k’igikoni, umugozi w’imyenda, agatanda k’amasahane, ubwiherero bwujuje ibyangombwa, kugira imihigo y’urugo n’ibindi.

Aba baturage, bavuga ko intego bafite ari ugukora ibyo basabwa byose mu gihe gito maze nabo bagasigara basaba Leta n’abafatanyabikorwa kubakorera ibyo badafitiye ubushobozi.

Umutesi Xavera agira ati « Ubu rwose n’imihanda mitomito twamaze kuyitunganya, ubu igikorwa nyamukuru turiho ni ukuvugurura ubuhinzi duhereye ku rutoki, maze natwe tugasaba ubuyobozi kuduha ibyo tudashoboye, nk’amashanyarazi, amazi mungo amashuli meza n’ibindi ».

Gakuba Diogene, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umusigire w’umurenge wa Mushishiro nawe yemeza ko abo baturage bafite ishyaka ryo kugera ku bikorwa bya ngombwa umudugudu ufite mu ntego.

Agira ati «hari ubwo bo ubwabo bisabira gukora umuganda udasanzwe bagatunganya ibikorwa runaka, cyangwa bakagenzura mu ngo za bagenzi babo niba ibyo bagomba gukora babikora neza kandi ku gihe kugira ngo badasigara inyuma ».

Akomeza avuga ko ibyo byose babikora banashingiye ku mihigo y’akarere ka Muhanga kugira ngo bazabe intangarugero mu kuyesa, kandi abaturage bose bakaba baregerejwe iyo mihigo.

Bakora byose bashingiye ku mihigo y’Akarere yabegerejwe kugira ngo batabusanya.

Kugira umudugudu w’ikitegererezo muri buri murenge ni gahunda yihariye y’Intara y’Amajyepfo, ikaba yaratangiye gushyirwa mu bikorwa kuva kuwa  17 Ukuboza 2018 ari nabwo abayobozi b’Imidugudu basinyanye imihigo bazesa ku bufatanye n’abaturage, aho buri murenge ugomba kugira umudugudu w’ikitegererezo.

Ernest Kalinganire

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga