• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
03/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
03/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
03/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%

Mayor wa Gakenke yarahiye izina ry’Imana imbere ya Perezida Kagame ko atazi ikibazo cy’umuturage

Umwanditsi
May 8, 2019

Umuturage Rudahunga Benjamin uvuga ko yambuwe imitungo ye iherereye mu karere ka Gakenke, kuri uyu wa 8 Gicurasi 2019 yaregeye Perezida Kagame wasuye abaturage b’Akarere ka Burera avuga ko yatekewe imitwe akamburwa imitungo ye, ko n’umuyobozi w’Akarere abizi ariko we abihakana arahiye izina ry’Imana ko aribwo akibyumva.

Ubwo uyu muturage Rudahunga yari ahawe akanya ngo abaze ikibazo nk’abandi baturage mu mwanya bahawe wo kubaza umukuru w’igihugu, yagize ati “Nyakubahwa Perezida nahuye n’ikibazo cy’akarengane, hari umugabo w’umukire waje afata inzu zanjye akoresheje impapuro z’impimbano. Ndegera porokireri abica amazi, njya kacyiru naho babiciye amazi…

Ubwo Perezida Paul Kagame yamusubirishagamo amubaza impamvu uwo mukire yafashe inzu ze, yavuze ko yakoresheje impapuro mpimbano akajyana mu rukiko, kandi we n’izo mpapuro azifite ko ndetse yaregeye Porokireri bikanga, banahamagaza uwo mugabo yagerayo nti bagire icyo bakora kugeza n’ubu akiri mu mazu ye.

Cyera kabaye byageza aho, uyu muturage abwira perezida Kagame ko ntaho atagejeje ikibazo, ko ndetse na Mayor w’Akarere ka gakenke abizi.

Ubwo Perezida Kagame yasabaga mayor ngo aze abisobanure dore ko umuturage yari amaze kuvuga ko yakimubwiye, ageze imbere ( Mayor) yarahiye izina ry’Imana ko ibyo umuturage avuga aribwo abyumvise.

Ati “ Ni izina ry’Imana Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, uyu mugabo nibwo mubonye bwa mbere! Kuko abaturage bose bazana ibibazo dufite aho tugenda tubandika ariko ikibazo cy’uyu mugabo rwose ncyumviye hano”.

Mbere y’uko Mayor agera imbere ngo asobanureahaguruka gusobanura, Perezida kagame yabajije Ati “ Tubwire, tugirire vuba Mayor uratwumva gusa wicecekeye…”. Nyuma y’uko Mayor agaragaje ko ikibazo aribwo akicyumva, Perezida Kagame yamusabye gusanga umuturage akamubwira ibye byose kandi akabikemura. Perezida Kagame yasabye kandi abaturage kujya begera abayobozi bakabakemurira ibibazo hanyuma babatenguha mu gihe yabasuye bakabimubwira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5825 Posts

Politiki

4076 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga