• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Mu turere twa Gakenke na Gicumbi batatu bafatanwe litiro 17 za kanyanga

Umwanditsi
June 8, 2019

Polisi ikorera mu turere twa Gakenke na Gicumbi k’ubufatanye n’inzego z’ibanze ndetse n’abaturage bafatanye abantu batatu litiro 17 za kanyanga, kuri uyu wa 06 Kamena 2019.

Mu karere ka Gakenke mu murenge wa Gashenyi, akagari ka Rutabo hafatiwe Ndacyayisenga w’imyaka 17 na Nshimiyimana Jean Bosco w’imyaka 16 bombi bafite litiro 10 za kanyanga, n’aho mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Rubaya hafatirwa uwitwa Ndungutse Evariste w’imyaka 36 afite litiro 7 za kanyanga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Chief Inspector of Police (CIP) Alexis Rugigana avuga ko aba bose bafashwe biturutse ku mikoranire myiza iri hagati y’abaturage ndetse n’inzego z’ibanze.

Yagize ati “Abaturage baduhaye amakuru ko Ndacyayisenga na Nshimiyimana Jean Bosco bikoreye kanyanga batazi iyo bazijyanye, niko guhita duhamagara inzego z’ibanze zikorana n’abo baturage kugira ngo batabacika, Polisi ikorera kuri sitasiyo ya Gashenyi ihita igenda irabafata.”

Yakomeje avuga ko Ndungutse Evariste nawe yafashwe n’abaturage afite kanyanga avanye mu murenge wa Kaniga ayijyanye mu wa Rubaya kuyicuruzayo.

CIP Rugigana yasabye abaturage kwitandukanya n’ibiyobyabwenge kuko nta kiza na kimwe bazigera babikuramo uretse ibihano n’uburwayi butandukanye.

Yagize ati “Muzi ububi bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka bitera bigatuma hakorwa ibindi byaha birimo, gukubita no gukomeretsa, ubujura, gufata abagore n’abakobwa ku ngufu, ihohotera, amakimbirane mu ngo n’ibindi, kandi ibi byose bikagira ingaruka ku muryango nyarwanda.”

Yongeyeho ati “Birababaje kubona hari abantu kugeza ubu batarasobanukirwa cyangwa ngo bumve ko kurwanya ibiyobyabwenge ari inshingano za buri wese kandi bazi neza uburyo biza ku isonga mu guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage.”

CIP Rugigana yatunze agatoki abantu bakoresha abana batarageza ku myaka y’ubukure imirimo ivunanye ndetse n’itemewe irimo no kubakoresha babikoreza ibiyobyabwenge, ko bihanwa n’amategeko.

Ibi umuvugizi, yabivuze ashingiye ku makuru yatanzwe n’abaturage ko Ndacyayisenga na Nshimiyimana Jean bafite uwabakoresheje kandi ko hari n’abandi bakoresha abana nk’abo bababeshyeshya amafaranga bakabavana no mu ishuri.

Yasabye ababyeyi kwita ku burere bw’abana babo no kubakurikirana umunsi ku munsi kugira ngo barerere neza u Rwanda rw’ejo babarinda kwishora mu ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge cyane ko byiganje mu rubyiruko.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga