• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Musanze: Mu ishuri rikuru rya Polisi hatangijwe amahugurwa y’abapolisi 17 baturuka muri Interpol

Umwanditsi
July 17, 2019

Mu ishuri rikuru rya Polisi y’Igihugu- National Police College (NPC) rihereye mu karere ka Musanze, kuri uyu wa mbere tariki 15 Nyakanga 2019, hatangijwe amahugurwa y’icyumweru yitabiriwe n’ibihugu bigera kuri cumi na kimwe by’ibubimbiye mu muryango mpuzamahanga wa Polisi uzwi nka INTERPOL.

Aya mahugurwa yitabiriwe n’abapolisi bagera kuri 17 baturutse mu bihugu bya; Mozambique, Botswana, Ghana, Mauritania, Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo, Nigeria, Afrika y’Epfo, Sudani y’Epfo, Kenya, Bourkinafaso ndetse n’u Rwanda ari narwo rwakiriye aya mahugurwa.

Intego y’aya mahugurwa ni ukuzamura ubumenyi n’ubushobozi bw’abapolisi bibumbiye muri Interpol (International Police), imikoranire myiza hagati ya za Polisi z’ibihugu bigize uyu muryango mu rwego rwo kurushaho kurwanya no gukumira ibyaha no kugenza ibyaha mu buryo bwimbitse bahanahana amakuru.

Aya mahugurwa akaba azatangwa n’impuguke zaturutse mu bihugu bitatu aribyo: Ubufaransa, Singapore na Kenya.

Afungura aya mahugurwa, Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi NPC, Commissioner of Police (CP), Christophe Bizimungu yashimiye Interpol kuba yaratekereje gukorera aya mahugurwa mu Rwanda nka kimwe mu bihugu bigize uyu muryango wa Interpol.

Yagize ati “Turashimira ubuyobozi bwa Interpol kuba bwarateguye aya mahugurwa by’umwihariko akabera mu Rwanda. Aya mahugurwa abayitabiriye bazungukiramo byinshi kuko bazaganira ku bintu bitandukanye banarusheho kuzamura umubano n’imikoranire myiza hagati ya za Polisi z’ibihugu byabo hagamijwe kurwanya no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka.”

CP Bizimungu yongeyeho ko uko Isi yihuta mu iterambere ari nako ibyaha birushaho kugenda byiyongera cyane cyane ibyaha by’ikoranabuhanga, icuruzwa ry’abantu n’ibindi kandi ko ababikora nabo barushaho kugenda bahindura amayeri babikoramo, akaba ariyo mpamvu haba hacyenewe ubufatanye hagati ya za Polisi z’ibihugu bigize INTERPOL.

Ati “Isi ubu yabaye nk’umudugudu guhanahana amakuru birihuta, n’abakora bene ibyo byaha biraborohera. Aya mahugurwa rero niyo mpamvu aba akenewe kugira ngo bigire hamwe uburyo bashobora guhangana n’ibi byaha by’inzaduka.”

Abitabiriye aya mahugurwa bavuga ko uyu ari umwanya mwiza wo kuzaganiriramo bungurana ibitekerezo bitandukanye mu rwego rwo kurushaho kurwanya no gukumira ibyaha ndetse no kongera ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’ibihugu baje bahagarariye.  

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga