• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Muhanga: Gitifu w’Umurenge afunzwe azira umukobwa bararanye Mayor ati “aragaragurika”

Umwanditsi
August 10, 2019

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanga, Akarere ka Muhanga ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu Tariki 09 Kanama 2019 yatawe muri yombi n’urwego rw’ubugenzacyaha-RIB, akurikiranweho gufata ku ngufu umukobwa ukora mukabari. Ubuyobozi w’Akarere ka Muhanga abajijwe n’umunyamakuru ku ruhare rwe muri iri fungwa ry’umukozi ayobora ati “Iyo umuntu Agaragurika…”.

Uyu mukobwa w’imyaka 19 y’amavuko uvugwa ko yafashwe ku ngufu nyamara we akaba yabwiye umuseke dukesha iyi nkuru ko bararanye bugacya ndetse bakaba baryamanye ku bwumvikane, birakekwa ko ngo byaba ari umupango urimo n’umuyobozi w’Akarere ka Muhanga.

Ubwo umunyamakuru yabazaga Mayor Uwamariya Beatrice uyobora Muhanga ku bivugwa ko yaba afite aho ahuriye n’iri fatwa n’ifungwa, yasubije ati“ Iyo Umuntu Agaragurika ntabura icyo yitwaza. Reka dutegereze ibizava mu iperereza”.

Uyu mukobwa, yabwiye umunyamakuru ko Gitifu yamujyanye mu rugo iwe agiye gufata ibikoresho byo mukabari akoramo byari iwe, nyuma akamusaba ko bararana arabyemera. Yagize ati“ Nageze iwe ansaba ko turarana ndabyemera burinda bucya”. Akomeza avuga ko Gitifu atigeze amufata ku ngufu, ko baryamanye ku bushake bwe.

Ubwo intyoza.com yahamagaraga uyu mukobwa ku murongo wa terefone ye njyendanwa, imubaza ukuri ku bivugwa n’ibyanditswe ko yafashwe ku ngufu cyangwa se ari ubwumvikane ndetse n’impamvu yaba yamuteye kujya kurega yagize ati “Ntabwo navuga ngo ukuri ni uku!”.

Yongeye kubazwa bwa kabiri n’umunyamakuru w’intyoza.com ibyo gufatwa ku ngufu cyangwa ubwumvikanye aho ukuri kwabyo kuri, akomeza ati “Wapi ndumva ntacyo gutangaza mfite kindi mo ahongaho”.

Imvugo ya “ Iyo umuntu agaragurika” yakoreshejwe n’umuyobozi w’Akarere asubiza umunyamakuru w’umuseke hari benshi ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye bayinenze bavuga ko atari iya Kidipolomasi ku muntu uvugira ku mukozi ayobora unagikekwa.

Intyoza.com twifuje kumenya icyo urwego rw’ubugenzacyaha-RIB buvuga ku by’iki kibazo nti byadukundira kubera umwiherero. Igihe tubonera amakuru y’uru rwego turayakugezaho.

Kuba Gitifu byavugwa n’abantu ko yaba yagambaniwe, muri Muhanga siwe wa mbere byaba bivuzweho kuko mu minsi ishize hari umubyeyi byavuzwe ko yatezwe ibiyobyabwenge arafatwa arafungwa, ndetse Mayor w’akarere yari mubashyirwaga mu majwi na nyirubwite. Byavugwaga ko azira kutavuga rumwe n’ubuyobozi no kubutangaho amakuru mu banyamakuru no mu nzego zindi z’ubuyobozi n’ubwo nyuma yaje kurekurwa. Ibivugwa n’abantu ni byinshi ariko ni ugutegereza ibizava mu iperereza ry’ubugenzacyaha.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga