• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET
21/10/25
Kamonyi-Mugina: Inteko rusange y’abahoze ari Abarobyi bakaza guhinduka abahinzi b’Umuceri yasojwe habura Ingumi
21/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
21/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo

Abanyeshuri bari mu masomo y’abofisiye bakoze urugendo shuri

Umwanditsi
October 4, 2019

Kuri uyu Gatatu tariki ya 02 Ukwakira 2019, itsinda ry’abapolisi b’abofisiye 36 barimo batatu baturutse mu gihugu cya Sudani y’Epfo n’undi umwe waturutse mu gihugu cya Tchad bari mu masomo agenewe abofisiye(Police Junior Command and Staff Course) mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riherere mu karere ka Musanze. Aba banyeshuri bakoze urugendo shuri rw’umunsi umwe basura zimwe mu ngoro z’amateka y’u Rwanda.

Uru rugendo rugize amwe mu masomo biga, bakaba basuye inzu ndangamurage y’amateka yo kubohora igihugu iherereye ku murindi w’intwari mu karere ka Gicumbi ndetse n’inzu ndangamurage y’urugamba rwo kurwanya Genoside iherereye mu ngoro y’inteko ishinga amategeko.

Uru ruzinduko rwari rufite insanganyamatsiko igira iti:”Gukunda igihugu nk’ihame ry’amahoro n’umutekano birambye”.

Muri uru rugendoshuri aba banyeshuri bari bayobowe n’umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi (NPC), Commissioner of Police (CP) Christophe Bizimungu.

Aya mahugurwa y’abapolisi b’abofisiye, agize icyiciro cya gatandantu (6), biteganyijwe ko azamara amezi ane (4).

Aya mahugurwa ni amwe mu yashyizweho n’ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda akaba agamije kongerera ubushobozi bw’abakozi ku rwego rwisumbuye (middle level commaders) bakanabihuza no kongera ubunyamwuga mu kazi ka gipolisi.

intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5894 Posts

Politiki

4145 Posts

Ubuhinzi

149 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga