• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
03/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
03/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
03/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe

Kamonyi/Kayumbu: RIB yasabye abaturage kudahishira ibyaha kuko bashyira benshi mu kaga

Umwanditsi
November 6, 2019

Urwego rw’ubugenzacyaha bw’u Rwanda-RIB kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ugushyingo 2019 bwaganiriye n’abaturage b’Umurenge wa Kayumbu bubasaba kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha, gutanga amakuru no gutabariza abari mukaga kuko byakiza benshi.

Ibi abaturage babisabwe mu gikorwa abakozi b’uru rwego barimo mu karere ka kamonyi cyo gusobanurira abaturage imikorere ya RIB, inshingano y’uru rwego n’uruhare rw’umuturage mu mikoranire myiza igamije gukumira ibyaha no kubirwanya.

Rubagumya Methode, ushinzwe ishami ry’amategeko mu bugenzacyaha -RIB, yabwiye abitabiriye ibiganiro ko imwe mu nshingano nyinshi uru rwego rufite ari ukugenza ibyaha hagamijwe ko ubutabira butangwa kandi byihuse.

Rubagumya Methode aganira n’Abanyakayumbu.

Yasabye abaturage ubufatanye mu kugira uruhare rufatika bakumira ibyaha, babirwanya binyuze mu gutabarana, kwegera ubuyobozi no gutanga amakuru y’ukuri kandi ku gihe kugira ngo ibyaha bikumirwe aho bishoboka ariko kandi n’abakekwa cyangwa abakoze ibyaha bafatwe bashyikirizwe ubutabera.

Mu gukumira, kwirinda no kurwanya ibyaha yagize ati“ Ni mukumire ibyaha, mwibyihererana kuko hari abayobozi babegereye, hari abapolisi n’abandi ariko buri wese ikiruta ni ukuba ijisho rya mugenzi we kuko mwakemura byinshi. Niba ubonye akana k’imyaka 8 bakajyanye gatabarize, niba ubonye umugabo urimo gukubita umugore we, muhururize tutaza kureba intumbi kandi byashobokaga ko ubuzima bwe butabarwa, niba hari abarwana ni mubakize cyangwa se mubimenyeshe ubuyobozi”.

Abaturage bitabiriye ibiganiro ariko nta bibazo byinshi babarije muruhame.

Rubagumya, yasabye akomeje abaturage kumenya ko hari urwego rukurikirana ibyaha biba byabaye, ko rero badakwiye kugira ibyo bihererana kuko nta cyaha gito cyo gucecekwa. Yababwiye ko mu nshingano nyinshi uru rwego rufite n’ububasha rwahawe nta muntu numwe rudakurikirana.

Mu bibazo byagaragajwe mu ruhame n’aba baturage ba Kayumbu, ibyinshi byagarutse ku rugomo akenshi ruturuka ku kuba hari abanywa inzoga kugeza saa sita z’ijoro kandi ubuyobozi buhari. Banavuze by’umwihariko ko kari ikibazo cy’ihohoterwa abagore b’uyu murenge bakorera abagabo nubwo mu bagabo baruciye bakarumira banga kugaragaza ibibazo bavugiwe n’abagore babona.

Abaturage basangaga abakozi ba RIB mu biro bigendanwa bakaganira.

Urwego rw’Ubugenzacyaha-RIB mu kwegera aba baturage rwari rwanitwaje ibikoresho birimo ibiro(Office) igendanwa n’abakozi bakira abaturage kugira ngo aho babasanze babagezeho ibibazo bafite babafashe kubikemura no kubikurikirana.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5826 Posts

Politiki

4077 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga