• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Buruseli: Mu rubanza rwa Neretse icyifuzo cy’uwashakaga ko itangazamakuru risohorwa cyanzwe

Umwanditsi
November 26, 2019

Nyuma y’uko urukiko rwiherereye ubugira gatatu, uyu munsi wa 13 warwo rwamaze isaha yose mu mwiherero, hasuzumwa niba rwaha agaciro icyifuzo cy’umutangabuhamya wasabaga ko yavuga nta tangazamakuru rihari.  Rwanzuye ko urubanza rukomeza mu ruhame, itangazamaku ridahejwe.

Uyu mutangabuhamya wakatiwe burundu akaba afungiye mu Rwanda, yasabye ko itangazamakuru ryahezwa mu gihe yatangaga ubuhamya bwe kuri Video conference (yatangaga ubuhamya hifashishijwe ikoranabuhanga) ari mu Rwanda. Urukiko rwamaze kwiherera rutangaza ko icyifuzo cye nta shingiro gifite, maze urubanza rukomeza mu ruhame rwa bose hagendewe ku itegeko 6.1 rirebana n’ibyo kumvwa mu ruhame.

Umunyamategeko Kanyarushoke Juvens, yabwiye intyoza.com ko kuba umutangabuhamya yasaba urukiko ko itangazamakuru rihezwa igihe arimo kuvuga, ngo ari icyifuzo gisuzumwa n’urukiko rwabona gifite ishingiro kikemerwa. Ibi ngo akenshi bijyana n’ubusesenguzi bw’umucamanza ku kibazo cyangwa impungenge zagaragajwe.

Nyuma y’izi mpaka ndende, harebwa niba itangazamakuru ryahezwa mu rukiko, nyuma kandi y’aho rwemereje ko urubanza rubera mu ruhame itangazamakuru ridahejwe, uyu mutangabuhamya ntabwo yabashije gukomeza ubuhamya bwe kuko ikoranabuhanga ryabaye imbogamizi hagafatwa icyemezo cy’uko hakomeza undi.

Soma inkuru bijyanye hano: Buruseli: Umutangabuhamya mu rubanza rwa Neretse yikomye itangazamakuru asaba ko risohorwa

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga