• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Abagera kuri 4 bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Umwanditsi
April 11, 2016

Nyuma y’iminsi ine hatangiye icyumweru cy’icyunamo, mu karere ka Kamonyi, mu mirenge itandukanye bane bakurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside.

Kuri uyu wa mbere taliki ya 11 Mata 2016, ubwo intyoza.com yaganiraga n’umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Udahemuka Aimable, yatangaje ko k’umunsi wa Kane w’icyunamo, bane bari mu mirenge itandukanye bakurikiranyweho kugira ingengabitekerezo ya Jenoside.

Umuyobozi w’akarere, Udahemuka agira ati:” Hamaze kuboneka abantu bane kubera ko hari amagambo yabagaragayeho agaragaramo ingengabitekerezo ya Jenoside cyangwa gusesereza cyangwa gupfobya ariko inzego z’ubugenzacyaha ziracyabakurikirana”.

Aimable Udahemuka, umuyobozi w'akarere ka Kamonyi.
Aimable Udahemuka, umuyobozi w’akarere ka Kamonyi.

Udahemuka, akomeza avuga ko icyaha kitarabahama, ngo amagambo yavuzwe niyo agikorwaho iperereza n’inzego zibishinzwe kugira ngo hamenyekane koko niba ari abanyacyaha, ngo nubwo muribo bivugwa ko hari ababyemera, kwitwa abanyabyaha ngo ni inzego z’ubutabera zizabibahamya.

Imirenge ivugwa ko yamaze kugaragarwamo n’aba bakurikiranyweho kugira ingengabitekerezo ya Jenoside ni umurenge wa Nyarubaka, Umurenge wa Runda, Umurenge wa Ngamba hamwe n’umurenge wa Rukoma.

Ibi Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Aimable Udahemuka, yabitangarije intyoza.com nyuma y’ikiganiro yari amaze guha abaturage hamwe n’abahagarariye inzego zitandukanye zikorera mu karere.

Udahemuka Aimable, yatanze ikiganiro cyavugaga ku :” Ingamba zo guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’aho u Rwanda rugeze rwiyubaka”.

Twibutse ko icyumweru cy’icyunamo cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe abatutsi cyatangiye Taliki ya 7 kikazageza kuya 13 Mata 2016. Insanganyamatsiko ikaba igira iti:” Twibuke Jenoside yakorewe abatutsi turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside”.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga