• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
18/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
18/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage
18/08/25
Kamonyi-Rugalika: Abasoje amasomo muri Gifts Rwanda bahawe igishoro kibafasha kwihangira umurimo

Papa Francis yasabye imbabazi nyuma yo gukubita umugore urushyi mu ruhame

Umwanditsi
January 2, 2020

Umushumba wa Kiriziya Gatolika, Papa Francis yemeye ko yananiwe kwihangana ubwo umwe mu bakirisitu w’umugore yamukururaga bigatuma afatwa n’uburakari akamukubita urushyi. Ibi Papa yakoze yabisabiye imbabazi nubwo byatunguye benshi.

Gukubita uyu mugore urushyi byabaye ubwo abakirisitu Gatolika bari mu rugendo rutagatifu ku kibuga kititiwe Mutagatifu Petero I Roma, umugore akaza gufata Papa ukuboko akamukurura ubwo yatambukaga hafi no kumutura hasi.

Papa Francis, yarimo asuhuza abana n’abandi bari bateraniye muri iki kibuga hanyuma agiye, umugore umwe mu bari aho amufata ukuboko arakurura n’ingufu nyinshi.

Ibyakozwe n’uyu mugore byatumye Papa agerageza kumwikura bikanga, ahita amukubita urushyi ku kaboko ababaye aribwo umugore yamurekuye. Papa yaje nyuma kwemera ko kwihangana byanze, yemera ko nawe ashobora gucumura nk’ikiremwamuntu nk’abandi.

Nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, Papa yagize ati “ Kenshi biranga ko twihangana. Nanjye birashoboka kunshyikira. Nicyo gituma nsabye imbabazi kubyabaye iri joro”.

Ubwo umukirisitu yafataga Papa agakurura n’ingufu.

Ibyakozwe na Papa Francis, byatangaje benshi kuko imbere y’aho, mu gihe yashyikirizaga ijambo ryo kwifuriza Abakirisitu umwaka mushya yari yamaganye ihohoterwa rikorerwa abagore.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5846 Posts

Politiki

4097 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1004 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga