• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
16/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Papa Benedict wa XVI ntabwo yemeranywa na Papa Francis ku kurongora kw’abihaye Imana

Umwanditsi
January 13, 2020

Mu gihe Papa Francis aherutse kwemerera abagabo bashatse abagore ko bashobora kuba abapadiri, uwo yasimbuye ariwe papa Benedict wa XVI aravuga ko bidakwiye ko horoshywa amategeko abuza abihaye imana gushyingirwa kugera ubwo umugabo ufite umugore yemererwa kuba umupadiri.

Ibyavuzwe na papa Benedict wa XVI, yabyanditse mu gitabo yafatanije na Karidinali Robert Sarah. Byabaye kandi nk’ibisubiza umwanzuro uherutse gufatwa na papa Francis wemereye abagabo bafite abagore kuba abapadiri mu gace ka Amazon muri Amerika y’Epfo.

Papa Benedict wa XVI weguye ku mirimo ye mu mwaka wa 2013, yavuze ko atakomeza guceceka kuri iki kibazo. Mu gitabo yanditse nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, yavuze ko ukudashyingirwa ari igikorwa kimaze imyaka amagana muri Kiriziya, gifite “Igisobanuro gikomeye” kuko gituma abapadiri bibanda ku kazi kabo.

Ku myaka ye 92 y’amavuko, Papa Benedict wa XVI mu nyandiko ye agaragaza ko bidashoboka ko umugabo wubatse urugo yanaba Padiri byombi icyarimwe. Asanga aya masakaramentu abiri, iry’Ubusaseridoti n’iryo Gushyingirwa bitagahuriye ku muntu umwe.

Vatican kwa Papa, nta kintu bari batangaza kuri ibi byavuzwe na Papa Benedict wa XVI, mu gihe igitabo yanditse kiramurikwa kuri uyu wa mbere tariki 13 Mutarama 2020.

Munyaneza Theogene /intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga