• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Inzoga yitwa K’BAMBA yahagaritswe ku isoko ry’u Rwanda nyuma yo kuvugwaho kwica abantu i Gasabo

Umwanditsi
February 11, 2020

Nyuma y’impfu z’abantu zidasobanutse mu murenge wa Ndera ho mu karere ka Gasabo, aho benshi mu baturage bashyize mu majwi inzoga yitwa K’BAMBA yengerwa mu karere ka Kicukiro, ubu hasohotse itangazo ry’ikigo cy’Igihigu gishinzwe ibiribwa n’imiti(Rwanda Food and Drugs Authority) cyahagaritse by’agateganyo ikwirakwizwa rya K’BAMBA, haba ku bayiranguza, abayidandaza n’abayinywa basabwa kuyihagarika.

Iri tangazo, rije nyuma y’aho itangazamakuru rigaragaje ibibazo by’impfu zidasobanutse z’abaturage bo mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Ndera, aho benshi bashyize mu majwi iyi nzoga K’BAMBA ko ariyo abapfa bazira. Ntabwo itangazo ryagize icyo rivuga ku kibazo nyirizina. Gusa abo muri iki kigo gishinzwe ibiribwa n’imiti ku murongo wa terefone uri ku rubuga rwabo, bahamirije intyoza.com ko iri tangazo ari iryabo.

Impfu z’aba bantu b’i Gasabo zari zatangiye bavuga ko ari ibigori abantu bategerwamo, abandi bakavuga ko ari umukobwa urimo kuroga abahungu bamubenze (byaje kugaragara ko hadapfa abahungu gusa), nubwo bamwe mu baturage ibi babihakanaga ndetse na Gitifu w’uyu murenge akaza guhamiriza umunyamakuru wa intyoza.com ko bakeka inzoga yitwa K’BAMBA, aho ndetse ubuyobozi bw’umurenge mu nama bwagiranye n’abaturage bwabasabye ko iyi nzoga ihagarikwa kunyobwa.

Dore itangazo riyikura ku isoko n’ibiriherekeje:

 

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga