• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

“Gukora kinyamwuga nibyo bizatuma tugera kubyo twifuza”- IGP Munyuza

Umwanditsi
February 13, 2020

Ibi umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yabibwiye abapolisi bagera ku bihumbi Bibiri (2,000) bakorera mu karere ka Rwamagana. Ni mu ruzinduko yagiriye muri aka karere asura abapolisi bakorera mu mashami atandukanye ndetse n’abo mu ishuri rya Polisi riherereye mu murenge wa Gishari (PTS-Gishari) nawo wo mu karere ka Rwamagana. Uruzinduko rwabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Gashyantare 2020

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yabwiye aba bapolisi ko ubu abanyarwanda batekanye kubera umutekano igihugu gifite kandi babigizemo uruhare.

Yagize ati:”Umutekano abaturarwanda bafite tugomba kuwusigasira, biradusaba rero gukomeza gukora kinyamwuga kugira ngo dukomeze kunoza inshingano zacu, ntitugomba kwirara kugira ngo igihugu gikomeze gutera imbere”.

IGP Munyuza yakomeje asaba abapolisi gukomeza kurangwa n’amahame n’indangagaciro za Polisi y’u Rwanda, anabasaba gukomeza gukangurira abanyarwanda kwanga ikibi bafatanya na Polisi mu bikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha aho biva bikagera.

Umuyobozi mukuru wa Polisi kandi yasabye aba bapolisi kurangwa n’isuku kuko isuku n’isoko y’ubuzima n’umutekano.

Yagize ati: “Nta suku nta mutekano, tugomba kugaragaza uruhare rwacu mu mibereho myiza y’abaturage kuko ahari isuku haba hari imibereho myiza, ahari imibereho myiza haba hari umutekano”.

Yakomeje abagaragariza ko aho umupolisi anyuze, aho atuye akwiye kugira uruhare mu isuku yaho, bikagaragarira mu bikorwa by’umupolisi bya buri munsi ndetse bikanatozwa abaturage kugeza bibaye umuco wa buri wese.

Buri mwaka uko utangiye ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda busura abapolisi bose aho bakorera mu mashami atandukanye bakarebera hamwe uko umwaka ushize wagenze bagafatira hamwe ingamba z’umwaka mushya uba utangiwe.

Muri uyu mwaka wa 2020 iyi gahunda yatangiye tariki ya 28 Mutarama, itangizwa n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza ubwo yasuraga abapolisi bakorera mu karere ka Bugesera.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga