• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi/Runda: Abaturage babangamiwe n’abagizi ba nabi bihisha aho amatara yazimye

Umwanditsi
February 20, 2020

Bamwe mu batuye Umurenge wa Runda, Akagari ka Ruyenzi kimwe n’abahagenda mu masaha y’ijoro bavuga ko ibice bimwe biriho amatara ariko amwe akaba ataka n’ijoro bibakururira amabandi. Bashyira mu majwi agace k’umuhanda wa kaburimbo kuva mu isantere y’ubucuruzi ya Ruyenzi ugana ahazwi nko kungwa ( ugana Kamuhanda), n’inyuma y’ishuri rya ISETAR n’ahandi.

Abaturage, bavuga ko amabandi n’abandi bagizi ba nabi bikinga mu mwijima aho amatara yashyizwe ariko akaba ataka, bakambura abaturage utwabo, hakaba n’abo bakomeretsa kubwo kugundagurana birwanaho.

Ahashyirwa mu majwi cyane ni Agace k’umuhanda w’Amabuye uzenguruka Umurenge wa Runda hari na Sitasiyo ya Polisi, inyuma y’ishuri rya ISETAR. Aha ngo hakunze kuba amabandi yambura abantu agahita ahunga anyuze mutuyira tunyura mu baturage.

Abaturage bavuga ko imiterere yaho, ndetse no kuba abahaturiye ari abantu bishoboye, ngo hakagombye kuba hacanirwa. Uretse aya matara nayo make cyane ahasanzwe basaba ko akorwa, bavuga ko na buri rugo ruhari rwagakwiye kugira itara ryo hanze.

Ahandi hashyirwa mu majwi cyane ni igice kiri hagati y’isantere y’Ubucuruzi ya Ruyenzi na Kamuhanda cyane cyane mu ikorosi ryo haruguru yo kungwa aho uba witegeye isantere. Aha hari ahantu harimo ahari ibihuru ku buryo mu mwijima byorohera abajura n’abandi kuhikinga bagamije kugira nabi.

Abaturage basaba ko ubuyobozi bw’Akarere bwafatanya n’abafite aya matara yo ku muhanda mu nshingano zabo kuyakora, bityo bakaba bakemuye ikibazo cy’abikinga mu mwijima bagamije kugira nabi.

Alice Kayitesi, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yabwiye ikinyamakuru intyoza.com ko iki kibazo bakizi, ariko ko harimo no gukabya kw’abaturage. Ati“ Menya harimo no gukabya, harimo cases (ibibazo) zimwe zigenda ziboneka ariko nk’uwakome…,kuko izo Case ntazo tubona na Polisi”.

Akomeza ati“ Kuba amatara ataka byo nibyo ni n’ikibazo kandi agomba kwaka, icyo twakiganiriyeho na REG ku bufatanye n’ishami ryabo rikorera muri Kamonyi, barimo barashaka ayo matara kugira ngo dufatanije ayo matara asimbuzwe”.

Meya Kayitesi, ahamya ko iki kibazo cy’amatara ataka mu cyumweru gitaha araba yasimbujwe kuko ngo umuyobozi (Manager) wa REG yamwijeje ko amatara asimbura ataka bayabonye. Gusa na none ku kibazo cy’umutekano, avuga ko kitareberwa gusa  mu matara, ko ahubwo harimo no gukaza amarondo, hakabamo gushishikariza abantu kugira uruhare mu mutekano wabo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga