• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
13/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
13/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
13/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Kamonyi/Musambira: Abaturage basabwe gushyira ku rutonde abo bakekaho ubujura

Umwanditsi
March 3, 2020

Mu nama y’inteko rusange y’abaturage b’Umurenge wa Musambira yateranye kuri uyu wa 03 Werurwe 2020 mu Kagari Kivumu, Umudugudu wa Nyagisozi, ikitabirwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Kayitesi Alice, abaturage nyuma y’impungenge bagiye bagaragaza z’umutekano muke baterwa n’abajura, basabwe gufata impapuro buri wese akandika amazina y’umujura akeka kugira ngo bishyikirizwe inzego zibishinzwe, bakurikiranwe.

Kayitesi Alice, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yasabye abanyamusambira kurushaho gufatanya n’irondo ry’umwuga bagamije kwicungira umutekano. Yabibukije ko umutekano ari inshingano ya buri wese, abasaba ubufatanye n’ubuyobozi mu gutanga amakuru yatuma abakekwaho gukora ibyaha aho bari hose bafatwa.

Abaturage bari mu nama y’inteko hamwe n’ubuyobozi.

Gusaba abaturage gushyira ku rutonde abo bakekaho ubujura, bije ku mpamvu z’uko abaturage bamaze iminsi bagaragariza ubuyobozi ko bajujubijwe n’abajura, nyamara bakabwirwa ko abagiye bafatwa mbere bakurikiranwe ku byaha bakekwagaho, bamwe bakaba bagikurikiranwa mu butabera. Abo abaturage banditse babakekaho kubajujubya babiba, amazina yabo yasomewe muruhame ndetse n’inshuro buri wese yatowe( ukekwaho ubujura).

Usibye iki kibazo gihangayikishije Abanyamusambira ku mutekano muke uterwa n’abajura, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yanabaganirije muri rusange ku bibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage n’uko bafatanya n’ubuyobozi mu kwishakamo ibisubizo.

Meya Kayitesi, yasabye by’umwihariko abaturage kurangwa n’umuco w’Isuku aho batuye kugera no muburiri. Yabasabye kandi gukaraba, bakambara imyenda imeshe, Isuku bakayigira umuco, bakita ku bwiherero babugirira isuku.

Mu gukemura ibibazo by’abaturage, bibukijwe ko buri wese akwiye guharanira kubana neza na bagenzi be, guharanira kwikemurira no kwishakamo ibisubizo bidasabye kujya mubuyobozi, ibisaba ko unuyobozi bubyinjiramo bikaba ibyananiranye ku rwego rw’Umudugudu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga