• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye
01/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Witegereza ko umuntu akora icyaha, kumira ko kiba utanga amakuru-SP Marie Goretti Uwanyirigira

Tuniziya yanze gusabwa imbabazi n’Ubufaransa ku bw’Ubugome bw’Igihe cy’Ubukoroni

Umwanditsi
June 10, 2020

Inteko ishinga amategeko ya Tuniziya yanze kwemeza umwanzuro w’uko Ubufaransa bugomba gusaba imbabazi iki gihugu kubera ubukoloni. Ubufaransa bwigaruriye Tuniziya, buyimarana imyaka 75, kuva mu 1881 kugera mu 1956, ubwo Tuniziya yabonye ubwigenge. Ariko abasilikali b’Ubufaransa ba nyuma bavuye muri Tuniziya mu 1963.

Ishyaka ryitwa Al Karama, rifite abadepite 19 kuri 217 bagize inteko ishinga amategeko, ni ryo ryatanze umushinga w’umwanzuro uvuga ko “Ubufaransa bugomba gusaba imbabazi z’amabi/ubugome bwakoze icyo gihe cyose na nyuma yaho, kugera ku butegetsi bwa perezida Zine el Abidine Ben Ali” kugera akuwe ku butegetsi na revolisiyo ya rubanda mu 2011.

Iri shyaka ryitwa Al Karama ryashakaga kandi ko Ubufaransa butanga n’indishyi z’akababaro. Yemeza ko Abafaransa bakoze ibyaha bw’ubuhotoza, gufata abagore ku ngufu, kohera abanyapolitiki batavugaga rumwe n’ubutegetsi bw’abakoloni, no gusahura umutungo kamere w’igihugu.

Nyuma y’impaka zishyushye cyane mu masaha arenga 14, ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ritangaza ko abadepite banze umwanzuro ku bwiganze busesuye.

Abadepite barwanije uyu mwanzuro, bavuga ko wakwangiriza cyane Tuniziya mu rwego rw’ubukungu. Ubufaransa ni bwo gihugu cya mbere gihahirana kandi gishora imali nyinshi muri Tuniziya, kandi bucumbikiye abimukira b’Abanyatuniziya barenga miliyoni.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5853 Posts

Politiki

4104 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga