• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
13/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
13/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
13/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Nyabihu: Abagore babiri bafatanwe udupfunyika dusaga 1300 tw’urumogi

Umwanditsi
June 12, 2020

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena 2020, abapolisi b’u Rwanda bo mu ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) bafashe abagore babiri bafite udupfunyika 1,339 bari bagiye kurucuruza mu baturage. Bafatiwe mu karere ka Nyabihu, Umurenge wa Bigogwe mu kagari ka Kora.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’ibirengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi avuga ko kugira ngo Maniragena Jacqueline w’imyaka 30 na Ngabire Mapole w’imyaka 35 bafatwe, byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati “Umuturage yari afite amakuru ko Ngabire yahaye urumogi Maniragena, anamubwira aho arushyira akaza kuruhasanga. Maniragena yarushyize mu mufuka aruvanga n’ibirayi arujyana aho Ngabire yamubwiye”.

CIP Karekezi avuga ko Maniraguha yari yahawe akazi yagombaga guhemberwa amafaranga. Umuturage wari ufite amakuru kuri urwo rumogi niwe wahamagaye abapolisi nabo barakurikirana.

CIP Karekezi ati“Umuturage yamaze kubimenya ahita atubwira, twohereza umupolisi hafi y’aho urwo rumogi rwari gushyirwa, Maniragena yahafatiwe aruzanye barebye mu mufuka basanga harimo ibirayi bivanze n’urumogi”.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’iburengerazuba, yashimiye uruhare rw’abaturage mu kurwanya ibyaha anasaba n’abandi gukomeza ubwo bufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Yakomeje akangurira abantu bagifite umutima wo gukora ibyaha cyane cyane abijandika mu biyobyabwenge kubicikaho kuko amategeko yakajijwe.

Ati“Icyo nabwira abantu bakijandika mu biyobyabwenge ni uko ibihano ku muntu ubifatiwemo byakajijwe kugera ku gufungwa burundu. Ikindi kandi kubera ubufatanye n’abaturage amayeri yose akoreshwa mu bucuruzi bw’urumogi agenda amenyekana”.

Abafashwe nkuko urubuga rwa Polisi dukesha iyi nkuru rubitangaza, bashyikirijwe urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Jenda kugira ngo hakorwe iperereza.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga