• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Umuhanda Kigali Muhanga urafunze kubera Nyabarongo

Umwanditsi
May 9, 2016

Urujya n’uruza rw’imodoka n’abantu rwahagaritswe n’uruzi rwa Nyabarongo rwuzuye k’urugabano rwa Kigari wambuka ujya Kamonyi.

Guhera mu rukerera rwo kuri uyu wambere Taliki ya 9 Gicurasi 2016, umuhanda wa Kigali Muhanga urafunze nta modoka, nta bantu bashobora kwambuka.

Imvura idasanzwe ikomeje kuba ikibazo, benshi mubakoreraga muri Kigali baturuka mu ntara y’amajyepfo ubu ntabwo bagiye ku kazi kubera umugezi wa nyabarongo wamaze kuzura ukambukiranya umuhanda wa Kaburimbo.

Ahitwa Kamuhanda mu karere ka Kamonyi umurenge wa Runda impande y’uru ruzi rwa Nyabarongo niho abantu bose bafatiye feri, barimo baritegereza amazi yarenze inkombe za nyabarongo agafunga umuhanda bibaza amaherezo.

Umwe mubaturage waganiriye n’intyoza.com, atangaza ko ari ikibazo gikomeye cyane ko ndetse kuri we bimukomereye ngo kuko yaryaga abikesheje gushakira amaramuko mu mujyi wa Kigali.

Aha ni mu isantere y'ubucuruzi ya Kamuhanda iruhande rwa Nyabarongo mu murenge wa Runda muri Kamonyi.
Abantu bahagaze bitegereza ikibaya cya Nyabarongo bibaza amaherezo kuko badashobora kwambuka.

Igice cyuzuye kugeza ubu handikwa iyi nkuru, ni igice gifata nka metero ijana ariko uko amasaha agenda akura bigaragara ko amazi ashobora kugenda yiyongera kuko afite umuvuduko udasanzwe.

Hagati aho, abamotari babiri bafashwe bagerageza kwambuka kungufu uruzi mugihe polisi yabatangiriye bakayica murihumye, nyuma yo kubafata bakaba basanganwe amabuye y’agaciro bashakaga kwambukana mu mujyi wa Kigari.

Iyi mvura idasanzwe irimo kubica bigacika mu bice bitandukanye by’igihugu, nkuko Minisiteri ifite Ibiza munshingano zayo ibitangaza ngo yaba imaze guhitana abantu basaga 49 hirya no hino mu gihugu ndetse hakaba hamaze kwangirika ibitari bike mubice bitandukanye by’Igihugu ariko cyane mu ntara y’Amajyaruguru.

Ikinyamakuru intyoza.com gikomeje kubakurikiranira ihindagurika ry’iki kibazo cya Nyabarongo mugihe hagira ikindi gihinduka intyoza.com irahakubereye.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. L says:
    May 9, 2016 at 10:02 am

    Yeee Murakoze kutugezaho inkuru y’imvaho!

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga