• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
17/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
17/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye

Sinzi niba ari ukuducira amarenga ngo tubasubize muri“ Guma murugo”-Min Ngamije Daniel

Umwanditsi
July 30, 2020

Dr Ngamije Daniel, Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020 yatangaje ko akurikije uko imibare y’abasanganwa Covid-19 ibigaragaza, wagira ngo biraca amarenga y’uko abantu basubizwa muri gahunda ya “Guma murugo”. Avuga ko yaba abakoresha, abakozi, abakuru b’imiryango, ntawitaye ku iyubahirizwa ry’amabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus.

Minisitiri Ngamije, avuga ko ihererekanywa ry’iki cyorezo rituruka ku muntu uba wagize intege nke mu ipfundo ryo kuyihagarika. Zimwe mu ngero atanga n’inkaho usanga abakoresha baradohoye gukurikirana uko abakozi babo birinda iki cyorezo.

Bamwe mubagaragaweho iki cyorezo mu mujyi wa Kigali barimo abakarani. Aha ngo ugira utya ugasanga umukarani aje avuye gukora imirimo itandukanye, aje mu mangazine gutwara imizigo, nta gapfukamunwa, nta mazi bamuhaye yo gukaraba, nta wa muti baha umuntu ngo akarabe.

Icyo uyu akorera aho yinjiye ni uko ahasiga uburwayi, nyiri amangazini akandura, nawe agataha akanduza abo murugo, umwana uhavuye agiye mukazi akagenda akanduza abakozi bose bo ku kazi cyangwa se abenshi bo ku kazi aho akora, noneho ugasanga indwara yabaye guhererekanya kwayo hagati y’abantu batandukanye kubera ko hari uwagize intege nke mu ipfundo ryo kuyihagarika cyangwa se abatubahirije inshingano zabo mu kwirinda iki cyorezo  bubahiriza amabwiriza yashyizweho.

Dr Ngamije, Minisitiri w’Ubuzima avuga ko uku kudohoka gutuma imibare irushaho kwiyongera guca amarenga yo kuba abantu basubizwa muri “Guma murugo” habaye nta gihindutse. Ati “Imibare ukuntu imeze n’ukuntu abantu bari kwitwara, sinzi niba ari ukuducira amarenga ngo tubasubize muri“ Guma murugo” ariko wagira ngo nibwo butumwa bashaka kuduha”.

Akomeza avuga ko kwirinda iki cyorezo bishoboka, ko ari ukumenya ko iyo wambaye agapfukamunwa, ukarabye amazi meza n’isabune cyangwa se ugakoresha umuti, iyo uhanye intera n’undi muntu, ibi ngo biguha kutagira ibyago byo kwandura iki cyorezo. Buri wese arasabwa kumenya uruhare rwe mu guhagarika iki cyorezo, akabanza gutekereza icyo ari butahukane mu rugo cyangwa se ari buhure nacyo iyo agiye.

Minisitiri Ngamije yatangarije RBA ko iyi ndwara, iyi Virusi yihinduranya, ko ntawe uzi imiterere ya Virusi yakwanduza cyangwa se yakwanduzwa na mugenzi we, ko hashobora kuza ifite ubukana uyifashe akaba aragiye, ko kubaho kw’iyi Virusi ari uko igenda yihinduranya.

Akomeza avuga ko mu gihe imibare ikomeza kuzamuka, abantu bagakomeza gukerensa amabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa ry’iki cyorezo bigoye ko n’amashuri ashobora gufungurwa. Asaba buri wese gufata ingamba zikomeye no kubahiriza amabwiriza asabwa bityo hakirindwa ingaruka zo mu buryo butandukanye.

Kugeza kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020, kuva umuntu wa mbere wagaragaweho Covid-19 yatangazwa mu Rwanda ubwo hari tariki 14 Werurwe uyu mwaka wa 2020, hamaze gupimwa abantu 260,025 aho abo basanze bayirwaye ari 1,994, Abakize bakaba 1,085, Abapfuye bakaba 5 naho abakirwaye bakaba ari 904.

Ihutire kwisuzuma ukoresheje Terefone ngendanwa aho ukanda akanyenyeri 114 urwego (*114#) ugakurikiza amabwiriza, cyangwa se niba wikekaho iki cyorezo, hari se uwo ugihekaho uhamagare 114 umurongo utishyuzwa usabe ubufasha. Bimwe mu bimenyetso biranga ukekwaho cyangwa se urwaye iki cyorezo ni; Inkorora, Guhumeka bigoranye n’umuriro.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5892 Posts

Politiki

4143 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga