• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/09/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Ukekwaho ubugizi bwa nabi yarashwe arapfa
01/09/25
Kamonyi: Gahunda y’Intore mu biruhuko yarinze abana Ubuzererezi, Ihohoterwa…-Visi Meya Uwiringira
01/09/25
Kamonyi: Perezida Kagame ntabwo yahaye Umugore ijambo gusa yanarihaye Abagabo kuko ntaryo twagiraga-Visi Meya Uzziel
01/09/25
Amajyepfo: Polisi yataye muri yombi abantu 1,615 bakekwaho gukora ibyaha bitandukanye

Urukingo rwa Coronavirus ruratangira gutangwa mu kwezi kwa 11 muri Amerika

Umwanditsi
September 6, 2020

Ikigo cya Leta zunze ubumwe z’Amerika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara kiremeza ko cyatangarije abakozi bo mu by’ubuvuzi muri za Leta 50 zose z’Amerika no mu mijyi minini ko bakwiriye kwitegura gutanga urukingo rwa virusi ya corona taliki ya mbere y’ukwa 11 uyu mwaka wa 2020.

Uru rukingo, ruzatangira guhabwa abaturage ba Amerika mu gihe hazaba hasigaye iminsi ibiri ngo iki Gihugu cyinjire mu matora y’umukuru w’igihugu. Umuyobozi mukuru w’icyo kigo Dr. Robert Redfield ni we woherereje urwandiko ruvuga kuri ayo makuru ku bakozi bose bo mu bitaro bya Leta muri Amerika no mu mijyi ya New York, Chicago, Philadelphia, Houston na San Antonio.

Abakora mu by’ubuvuzi, abashinzwe umutekano, n’abandi bakozi b’ingenzi ni bo bazabimburira abandi mu guhabwa urwo rukingo nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru The New York Times cyandikirwa muri Amerika.

Umuyobozi w’ikigo cy’Amerika gishinzwe kurwanya indwara zandura yari aherutse kuvuga ko yizeye ko mbere y’uko uyu mwaka urangira hazaba habonetse urukingo rukora kandi rwizewe rw’icyorezo cya Covid 19.

Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, ritangaza ko abandi bakozi bo mu by’ubuvuzi bagaragaje impungenge ko kwihutisha urwo rukingo bitaremezwa ku buryo budasubirwaho bishobora gutera ibibazo bikanatuma abantu batinya kurwitabira.

Abandi baravuga ko gutangira kurukwirakwiza nonaha bishobora guca intege ubundi bushakashatsi bumaze igihe butangiye kandi bushobora gutanga izindi nkingo z’iki cyorezo zishobora no kuba nziza kuruta urwabanje.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5854 Posts

Politiki

4105 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

82 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga