• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
01/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
01/11/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse
01/11/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa

Depite Habineza Frank avuga ko RURA yirengagije inyungu za rubanda mu kugena ibiciro by’ingendo

Umwanditsi
October 17, 2020

Intumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepitse, Dr Habineza Frank avuga ko ikigo ngenzura mikorere cy’imirimo ifitiye igihugu akamaro-RURA, mu kugena ibiciro by’ingendo ngo cyabigennye mu nyungu z’abashoramari aho kureba mu nyungu za rubanda.

Dr Habineza Frank, intumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko akaba n’umuyobozi w’ishyaka rya The Democratic Green Party of Rwanda( ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda), anenga RURA mu kugena ibiciro by’ingendo, aho avuga ko yabogamiye ku bashoramari aho kureba ku nyungu z’abagenzi.

Aganira n’ikinyamakuru intyoza.com, yagize ati” Ibi biciro RURA yatangaje, bigarara ko yabizamuye munyungu z’abashoramari ariko yirengagije inyungu za rubanda”.

Yongeyeho ati “ Mubyukuri abaturage barakennye kubera ingaruka z’iki cyorezo cya Covid-19, kabone niyo RURA yaba yarapanze kongera ibiciro mbere ya covid nkuko ibivuga, iki sicyo gihe kiza cyo kuzamura ibiciro”. Akomeza agira ati “ Turasaba RURA kwisubiraho vuba kugirango irengere rubanda”.

Mu gihe inama y’Abaminisitiri iherutse guterana tariki 12 Ukwakira 2020 igafata bimwe mu byemezo byoroshya ingamba za Covid-19, birimo ko imodoka zitwara abagenzi mu buryo rusange zongera gutwara abagenzi nkuko byari bisanzwe, benshi mu bari biteze ko ibiciro by’ingendo bigabanuka baratunguwe barimo n’intumwa ya rubanda Dr Habineza Frank usaba ko RURA ihindura, ikareba n’inyungu z’abagenzi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5902 Posts

Politiki

4153 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1026 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga