• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
19/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
19/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
19/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Huye: Abashoferi bagiye kuruhuka imvune zo kujya gusuzumisha ibinyabiziga(Controle technique) i Kigali

Umwanditsi
October 21, 2020

Abatwara imodoka mu karere ka Huye, baravuga ko kuba bagiye kubona isuzumiro ry’ibinyabiziga(Controle technique) bizabaruhura ingendo bakoraga bajya i Kigali, aho izi ngendo bakoraga zanabatwaraga umwanya n’amafaranga menshi yaba aya essence n’icumbi mu gihe bibasabye gutinda yo.

Inyubako izakorerwamo isuzuma ry’ibinyabiziga “controle technique” iri kubakwa mu karere ka Huye mu murenge wa Ngoma ,ubu iyo uyirebye ubona isa n’aho iri hafi kuzura.

Bamwe mu bashoferi batwara imodoka, baravuga ko iyi controle technique izabafasha cyane kuko ngo bajyaga i Kigali bakahahurira ari benshi cyane bigatuma bamwe batindayo bikabatwara n’amafaranga yo gucumbika n’ibindi.

Nkurunziza Emmanuel umwe muri aba bashoferi yagize ati:” kujya i Kigali byaduhombyaga cyane kuko ufashe amafaranga ya essence ,ukongeraho ayo kurya no gucumbika ni menshi cyane kandi twahagaritse n’akazi. Ariko noneho ubwo tugiye kuyibona hafi ni igisubizo kuri twe”.

Umutekinisiye kuri iyi nyubako witwa Sibomana Zacharie, avuga ko muri gahunda bari bafite iyi controle technique yagombaga kuba yaruzuye tariki 25 Nyakanga uyu mwaka wa 2020, ariko kubera icyorezo cya covid 19 imirimo ntiyakomeje uko bisanzwe habayeho gukererwa. Ubu akaba avuga ko igomba kuba yatanzwe bitarenze tariki 30 Ukwakira 2020 n’ubwo imirimo yose itazaba yarangiye ariko ngo iminini izaba yarangiye.

Yagize ati:”harabura gushyiramo imashini gusa n’intebe zo mu biro ubundi igiye kuzura kuko ubu iri ku kigero cya 98%”.

Avuga kandi ko iyi nyubako izakira abantu bo mu ntara y’amajyepfo yose ndetse n’igice kimwe cy’intara y’uburengerazuba abasigaye bakaba ari bo bajya i Kigali. Ni inyubako yatangiye kubakwa mu mwaka wa 2018 ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira imodoka 100 ku munsi.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga