• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana
09/09/25
Kamonyi-Blue Sky School: Abanyeshuri n’Abarimu bashimiwe ku guhesha ikigo ishema
09/09/25
Kamonyi-Runda: Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko yasanzwe amanitse mu mugozi
09/09/25
Kamonyi-Mukinga: Abana basaga 128 bataye n’abacikishirije ishuri bagiye kurisubizwamo

Kamonyi: Ibisambo byaraye bigiye kwiba, bitema abanyerondo, kimwe muri byo kihasiga ubuzima

Umwanditsi
January 30, 2021

Ni mu ijoro ryacyeye ubwo ibisambo byateraga mu Mudugudu wa Kamabuye, Akagari ka Ngoma, Umurenge wa Nyamiyaga ho mukarere ka Kamonyi, bigiye kwiba ihene z’umuturage. Byarwanye n’abanyerondo bitemamo babiri, ariko nabyo mu guhunga kimwe cyahasize ubuzima.

Nkuko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga, Kubwimana yabibwiye intyoza.com, ibi bisambo ngo byateye mu masaha y’i saa saba z’ijoro bigamije kwiba ihene ebyiri z’umuturage, aho byanazitwaye abanyerondo bagatesha.

Avuga ko muri uku kubatesha izo hene bari bibye, abanyerondo babiri bakomerekeye mu kubatesha, aho batemwe, umwe mu mutwe undi ku biganza, ariko umwe muri aba bajura nawe ngo akaba yirutse agwira ibuye ahita apfa.

Gitifu yagize ati“ Twagize ibyago, hari abajura baje kwiba, bari batwaye ihene ebyiri abanyerondo barababona, bazibambuye hari umunyerondo batemye mu mutwe undi bamutema mukiganza, noneho undi (umujura) arirukanka, ni ahantu hacunshumuka niyo makuru baduhaye, yikubita hasi agwira igishyinga cy’amabuye nicyo yari ariho, akubitaho umusaya ahita yuma”.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa avuga ko muri iki gitondo cy’uyu wa Gatandatu urwego rw’Ubugenzacyaha-RIB, abaturutse Kigali ndetse n’abakorera ku Mugina baje gukora iperereza, aho ubwo twandika iyi nkuru hari hagitegerejwe imodoka itwara uwapfuye.

Ihene zateshejwe abajura.

Abagiye kwiba, bateye urugo rw’uwitwa Karangwa Francois w’imyaka 48 y’amavuko, bapfumura inzu bazitura ihene ebyiri. Abanyerondo 2 bakomerekejwe bajyanwe ku kigo nderabuzima cya Mugina ngo bavugwe.

Munyaneza Theogene intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5860 Posts

Politiki

4111 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga