• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Musanze: Imvura idasanzwe yaturutse mubirunga yangije byinshi.

Umwanditsi
May 29, 2016

Mu karere ka Musanze, umurenge wa Busogo, isuri yamanutse mubirunga itewe n’imvura ikomeye yaguye yasenyeye abaturage yangiza imyaka yica amatungo.

Amakuru ava mu karere ka Musanze, arahamya ko mu ijoro ryo kuri uyu wa gatandatu rishyira ku cyumweru Taliki ya 29 Gicurasi 2016, imvura ikomeye yaguye mu karere ka Musanze no mubirunga, isuri ikomeye yatewe n’iyi mvura ikamanuka mubirunga igasenya amazu y’abaturage ikangiza imyaka y’abaturage ikanica amatungo.

Ubuyobozi bw’aka karere ka Musanze, butangaza ko nubwo iyi mvura yangije byinshi birimo amazu, imyaka y’abaturage n’amatungo agapfa ngo nta muntu waguye muri ibi biza.

Abaturage bibasiwe cyane n’ibi biza ni abo mu kagari ka Sahara mu murenge wa busogo nubwo no mu kagari ka Gisesero bakozweho, amazu, imyaka byangiritse cyane amwe mu matungo arapfa.

Imwe mu nzu yasenywe n'ibiza.
Imwe mu nzu yasenywe n’ibiza.

Ibyangiritse byahise bimenyekana ni amazu 12 yasenyutse, Mu kagari ka Sahara, amazu icyenda yasenyutse, mu kagari ka Gisesero amazu atatu niyo yasenyutse, muri ibi biza kandi ihene imwe yapfuye, intama imwe irapfa n’inkoko eshatu zirapfa, imyaka mu mirima y’abaturage yangiritse irengerwa n’amazi.

Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze, ubuyobozi bw’inzego zishinzwe umutekano hamwe n’izindi nzego zitandukanye bihutiye kujya aho ibi biza byakoze ibara, ubuyobozi bwahumurije abaturage, bwasabye kandi abaturage gufasha bagenzi babo mu kubona aho barara, ibyo kurya ariko kandi bunizeza abakozweho n’aya mahano ko Leta iri gukora ibishoboka ngo ibagoboke.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga