• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Muhanga: Abanyeshuri basoza amashuri abanza basabwe kwirinda COVID-19

Umwanditsi
July 13, 2021

Abanyeshuri biga mu mashuri abanza basaga ibihumbi 250 mu gihugu batangiye gukora ikizamini bisoza iki cyiciro. Akarere ka Muhanga gafitemo abasaga ibihumbi umunani. Basabwe kwitwara neza bagatsinda, ariko kandi bakanakomeza kwirinda icyorezo cy COVID-19.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline yasabye abanyeshuri batangiye ibizamini gukomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda icyorezo cya Koronavirusi bakitwararika bagamije kutandura cyangwa ngo banduze abandi.

Mbere yo gutangira ikizamini babanje kuganirizwa.

Yagize ati” Icyo tubifuzaho nuko mukomeza kwirinda Koronavirusi mukambara neza agapfukamunwa mugakaraba inshuro nyinshi,tugamije kwirinda kwandura iki cyorezo no kutacyanduza abandi igihe twacyanduye”.

Yongeyeho ko aba bakandida batangiye ibizamini bakwiye kwiga bagamije gutsinda, anasaba ababyeyi kubaha umwanya bakiga neza bityo bagatsinda bityo bikababera umusingi mwiza w’ubuzima.

Aha niho hajemo ibizamini.

Yagize ati” Mukwiye kwiga mugamije gutsinda ibizamini ariko ntabwo mwabigeraho ababyeyi batabafashije, niyo mpamvu ababyeyi nabo bagomba kubafasha mugatsinda neza, mugatangira neza umusingi mwiza”.

Uwineza Phaina, umwe mu bakandida wakoze ikizamini avuga ko yishimiye kuba yagikoze, ko ubushize batigeze babona uko bagikora ariko ko bizera ko bagomba kwitwara neza.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga aha abana ibizamini.

Umuyobozi w’Ishami ry’Uburezi mu karere ka Muhanga, Habyarimana Daniel avuga ko bizeye ko bizagenda neza cyane, ko kandi n’abana bafite ibibazo by’uburwayi bose bafashijwe kuko mu bakoze hari abana batatu bafite COVID-19.

Uyu munsi tariki ya 12 Nyakanga 2021 mu karere ka Muhanga byari biteganyijwe ko abasaga ibihumbi 8,290 bagombaga gukora ikizamini gisoza amashuri abanza harimo abakobwa ibihumbi 4,469. Ibigo 40 nibyo bizakorerwaho ibizamini, aho bizasozwa tariki ya 14 Nyakanga 2021.

Akimana Jean de Dieu

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga