• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

DR Congo: Urukiko rwavuze ko nta bubasha rufite bwo kuburanisha uwahoze ari Minisitiri w’Intebe

Umwanditsi
November 16, 2021

Urukiko rurinda iremezo ry’itegekonshinga rwo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo rwatangaje ko rusanga nta bubasha rufite bwo kuburanisha uwahoze ari Minisitiri w’intebe Augustin Matata Ponyo.

Uyu wahoze ari Minisitiri w’intebe, Matata Ponyo hamwe n’abandi bagabo babiri, bashinjwa kunyereza miliyoni 205 z’amadolari y’Amerika (miliyari 206 mu mafaranga y’u Rwanda) yari agenewe umushinga w’ubuhinzi.

Urukiko rwavuze ko rushobora kuburanisha gusa ba minisitiri w’intebe bakiri ku butegetsi, atari abahoze ari ba minisitiri w’intebe.

Umushinjacyaha yari yashinje Bwana Matata kugira uruhare kubera ko yari azi ibyo kunyereza ayo mafaranga yo mu mushinga w’ubuhinzi butunganya umusaruro wa Bukanga Lonzo.

Bwana Matata, ahakana avuga ko nta kibi yakoze, nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters. Urubanza rwatangiye mu kwezi kwa cumi mu 2020, ariko nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza habayeho iburanisha kabiri gusa, mbere y’iki cyemezo cy’urukiko cyo kuri uyu wa mbere.

Mu kwezi kwa karindwi, ibura ry’ibimenyetso ryatumye uru rukiko ruba runahagaritse kuburanisha Bwana Matata ku bivugwa ko yagize uruhare mu kunyereza arenga miliyoni 110 z’amadolari y’Amerika (arenga miliyari 110 na miliyoni 550 mu mafaranga y’u Rwanda) yarishywe abantu ba baringa (batabaho), bagizweho ingaruka na gahunda ya Leta yo kwigarurira za kompanyi n’inganda mu 1973.

Icyemezo cy’urukiko cyo kuri uyu wa mbere gisobanuye ko ubu Bwana Matata ashobora kwizera gusubira mu mwanya we nka senateri mu nteko ishingamategeko.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga