• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
04/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
04/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
04/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Umuforomo agiye gufungwa imyaka 10 azira gusambanya umurwayi wo mu mutwe

Umwanditsi
December 4, 2021

Umugabo wo muri Arizona yaciriwe gufungwa imyaka 10 azira gusambanya ku ngufu umugore wari usanzwe ufite uburwayi bwo mu mutwe, aho nyuma byarangiye abyariye kuri iri vuriro ryayoborwaga n’uyu mugabo.

Nathan Sutherland, yahoze ari umuforomo ashinjwa icyaha cyo gusambanya ku ngufu uyu murwayi asanzwe afite uburwayi bukomeye cyane, ku ivuriro rya Hacienda HealthCare mu mujyi wa Phoenix.

Yahagaritswe mu 2018 nyuma y’aho ibipimo bya ADN/DNA bye byerekanye ko ari cyo kimwe n’iby’urwo ruhinja. Mu kwezi kwa cyenda, Sutherland yemeye icyaha cyo gusambanya uyu muntu ukuze utari ufite ubushobozi.

Uyu mugore yari afite imyaka 29 y’amavuko igihe abyara uyu mwana. Nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangza, avugwa ko yari arwariye muri iryo vuriro kuva akiri umwana muto.

Uretse iby’iki gihano cy’igifungo, Sutherland azakomeza gucungishwa ijisho ubuzima bwe bwose asigaje, yongere ashyirwe mu gitabo cy’abakora ibyaha bishingiye ku gitsina (délinquant sexuel/sex offender) mu gihe azaba avuye muri Gereza.

Mu itangazo ryasubiwemo n’ibinyamakuru bya Amerika, umucamanza w’akarere ka Maricopa, Allister Adel, avuga ko iki ari cyo gihano gishoboka gikwiye guhabwa Sutherland amaze kwemera icyaha.

Uyu mugore w’umucamanza Adel yongeraho ko iki gihano “cyafashwe hisunzwe ibintu bitari bike, harimo n’uko uwabikorewe nta bushobozi yari afite”.

Muri rusama (ukwezi kwa gatanu) 2019, umuryango w’uyu mugore nibwo wagiye gutanga ikirego, urega ivuriro Hacienda HealthCare. Uru rubanza ruvuga ko ibipimo byo kwa muganga byerekana ko uyu mugore “yasambanijwe ku ngufu inshuro nyinshi“.

intyoza

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga