• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Paris: Muhayimana Claude yahamijwe ibyaha bya Jenoside akatirwa imyaka 14 y’igifungo

Umwanditsi
December 17, 2021

Urukiko rwa rubanda ruherereye i Paris mu Gihugu cy’u Bufaransa, kuri uyu wa 16 Ukuboza 2021, nyuma yo kuva kwiherera, rwatangaje ko Muhayimana Claude ahamwa n’ibyaha yari akurikiranyweho bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Rwamuhanishije imyaka 14 y’igifungo, ruvuga ko afite gusa iminsi 10 yo kuba yajuririra igihano yahawe mu gihe yaba yumva atakishimiye.

Guhera ku I saa tatu n’igice kugera I saa mbiri z’ijoro ku I saha y’I Paris mu Gihugu cy’u Bufaransa, abagize inteko iburanisha ( juges et Jurés) mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Gihugu cy’u Bufaransa, aho Muhayimana Claude, ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, urukiko rwamuhamije ibyaha by’ubufatanyacyaha muri Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu, ahanishwa imyaka 14 y’igifungo. Ni mu gihe ubushinjacyaha bwari bwamusabiye imyaka 15 y’igifungo.

Ibyaha Muhayimana Claude yari amaze igihe aburana, kuva tariki 22 Ugushyingo kugera kuri uyu wa 16 Ukuboza 2021 aho yabihamijwe n’urukiko, ni ibyo yakoreye mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ( ubu ni Akarere ka Karongi),

Mu isomwa ry’uru rubanza, ubwo Muhayimana Claude yakatirwaga imyaka 14 y’igifungo, urukiko rwatangaje ko mu gihe yaba atishimiye imikirize y’urubanza afite gusa iminsi 10 yo kuba yajuririra icyemezo cy’urukiko. Aha, Me Philippe Meilhac wunganira Muhayimana Claude, yavuze ko bagomba kujurira.

Nkuko Hakorimana Gratien, umunyamakuru woherejwe I Paris n’umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro-Pax Press gukurikirana uru rubanza yabitangarije intyoza.com, avuga ko nubwo rwasomwe amasaha akuze, ngo hari haje abantu benshi bavuye mu Bufaransa n’ahandi nko mu Bubiligi, baje kumva imyanzuro y’urukiko.

Avuga ko abantu bari biteze ko akatirwa nubwo nta n’umwe wari uzi igihano urukiko rushobora gutanga. Avuga ko mu cyumba cy’urukiko abantu bari benshi urebye uko amasaha aba ateye.

Avuga kandi ko urebye uruhande rw’abaregera indishyi, rwishimiye imikirize y’urubanza kuko bavuga bati “ibi birerekana ko muri Jenoside nta ruhare ruto rubamo”. Mu isomwa ry’urubanza ku byemezo by’urukiko, umucamanza yagiye avuga kuri buri site, agaragaza ibyaha bihama Muhayimana Claude nk’ubufatanyacyaha, aho byitezwe ko imyanzuro yanditse neza izakorwa na Perezida igatangwa kuwa mbere cyangwa nyuma yaho.

Soma hano indi nkuru kuri uru rubanza;Paris: Muhayimana yatakambiye urukiko mbere yuko rujya kwiherera ngo rutangaze igihano ahawe

Urubanza rwa Muhayimana Claude, umunyarwanda w’imyaka 60 y’amavuko ariko unafite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, rwaberaga mu rukiko rwa rubanda I Paris mu Gihugu cy’u Bufaransa kuva kuwa 22 Ugushyingo, aho rupfundikiwe kuri uyu wa 16 Ukuboza 2021, mbere ho umunsi umwe ku itariki yari yatangajwe mbere. Ibyaha yari akurikiranyweho, byari ubufatanyacyaha nk’icyitso muri Jenoside yakorewe Abatutsi  hamwe n’ibyaha byibasiye inyokomuntu kubera ko yafashije abigambiriye abasirikare n’interahamwe inshuro nyinshi aho yabatwaraga mu modoka akabageza aho bajyaga kwica Abatutsi mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ku misozi ya Karongi, Gitwa ndetse na Bisesero. Aha Kibuye, ni hamwe mu bice byiswe zone Turquoise, habaga ingabo z’u Bufaransa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga