• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Gen. Muhoozi Kainerugaba umuhungu wa Perezida Museveni yasesekaye i Kgali

Umwanditsi
January 22, 2022

Muri aya masaha ya mbere ya saa sita zo kuri uyu wa 22 Mutarama 2022, umuhungu wa Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni yasesekaye i Kigali. Ni Gen. Muhoozi Kainerugaba, uje mu ruzinduko rw’umunsi umwe, aho byitezwe ko abonana na Perezida Kagame Paul w’u Rwanda.

Gen. Muhoozi, ni umugaba mukuru w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka. Uruzinduko rwe mu Rwanda rumaze iminsi ibiri ruvugwa cyane, aho we ubwe abinyujije kuri Twitter yari yemeje ko araba ari i Kigali kuri uyu wa Gatandatu kandi ko azabonana na Perezida Kagame Paul.

Nubwo we ubwe yitangarije ko aje mu Rwanda, ntaho ibiro by’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda cyangwa urundi rwego mu Gihugu bigeze bagira icyo bavuga mu kwemera cyangwa guhakana iby’uru ruzinduko, kugera n’ubwo umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Mukurarinda Alain yabajijwe iby’uru ruzinduko ubwo yari mu kiganiro kuri Loyal FM akirinda kugaragaza ko hari icyo abizi ho.

Akigera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, Gen. Kainerugaba Muhoozi, yakiriwe na Gen. Rwagasana uyobora ingabo zirinda umukuru w’Igihugu, aho yari kumwe na Col Rwivanga umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda.

Uretse kuba abantu batandukanye batekereza mu buryo bw’amarangamutima yabo ibishobora kuganirwaho hagati ya Gen. Muhoozi na Perezida Kagame, nta cyo impande zombi nk’ibihugu zigeze zitangaza ku ngingo baganiraho. Gusa uyu muhungu aje nk’intumwa ya Se.

U Rwanda na Uganda, hashize igihe kigera ku myaka itanu umubano utifashe neza, hashize kandi imyaka isaga itatu imipaka y’ibihugu byombi yarafunzwe, Abanyarwanda babujijwe kwambuka ngo bajye hakurya Uganda nubwo ku bagande bo kuza usanga nta kibazo.

Igihugu cy’u Rwanda, gishinja Uganda gushyigikira mu buryo butandukanye abarwanya Leta y’u Rwanda barimo ababarizwa mu mutwe wa RNC ubarizwamo Kayumba Nyamwasa wabaye umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, aho ari kumwe n’abandi bafatanije barimo abahoze mu butegetsi bw’u Rwanda n’abandi batandukanye.

U Rwanda kandi runashinja Uganda guhohotera no gukorera iyicarubozo Abanyarwanda muri iki Gihugu n’ibindi bikorwa bibi ku banyarwanda bikorwa n’inzego z’iki gihugu ku banyarwanda bariyo. Uganda nayo, ishinja u Rwanda ko inzego zarwo zikora ubutasi zihakorera ibikorwa zikanahungabanya yo umutekano.

Muri ibi bibazo bimaze igihe byarabaye agatereranzamba hagati y’ibihugu byombi, bigatuma umubano uzamba, ntawe uzi ngo ni iki Perezida Kagame na Gen. Muhoozi bari buganire, gusa icyaba cyose, icyo benshi bifuza ni uko umubano wakongera kuba mwiza, imipaka igafungurwa, abaturage bakongera bakambuka imipaka, bagahahirana, bagasurana cyane ko benshi uretse no guhahirana bahafite imiryango bamaze igihe batabonana.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga