• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Tanzania: Miliyoni 46$ zashyizwe mu kubaka ubwato buruta ubundi bwose mu biyaga bigari

Umwanditsi
February 14, 2023

Mu kiyaga cya Victoria ku mwaro wo mu mujyi wa Mwanza, Leta ya Tanzania yashyize mu mazi ubwato bunini burimo kubakwa. Nibwo bwa mbere buruta ubundi bwose mu biyaga bigari. Buzajya butwara abagenzi n’imizigo.

Ubu bwato, Leta ya Tanzania ivuga ko ari bwo bunini kurusha ubundi bwose mu karere k’ibiyaga bigari. Bwitezweho ko buzajya bukora igendo hagati y’ibihugu bisangiye ikiyaga cya Victoria.

Ni ubwato bufite ubushobozi bwo gutwara abantu 1,200 no kwikorera toni 400 z’imizigo hamwe n’imodoka 20, nk’uko umuvugizi wa Leta ya Tanzania yabitangaje.

Ubu bwato nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, bwiswe MV Mwanza. Ntabwo buruzura neza kuko bugeze ku gipimo cya 82%, aho buzuzura butwaye miliyari 109 z’amashilingi ya Tanzania (miliyoni $46).

Avugira mu muhango wo kubushyira mu mazi, umutegetsi wa Tanzania muri minisiteri y’imirimo n’ubwikorezi Gabriel Migire yavuze ko kubaka ubu bwato ari umuhate wo guteza imbere ubucuruzi mu karere k’iki kiyaga.

Ikiyaga cya Victoria nicyo kinini mu buso mu bindi byose muri Africa, kikaba n’icya kabiri ku isi. Gihuriweho na Kenya (6%), Uganda (43%), na Tanzania (51%), itanga umusaruro w’amafi ugera kuri toni miliyoni 1,000 ku mwaka, kandi abantu bagera kuri miliyoni 40 batuye mu kibaya cyayo, nk’uko bivugwa na African Great Lakes Information Platform.

Imijyi yo mu karere nka Kisumu (Kenya), Kampala (Uganda), Mwanza na Bukoba (Tanzania) iri ku mwaro w’iki kiyaga.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga