• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana

Muhanga: Banenzwe kudohoka mu kugaragaza ibipimo by’igwingira n’imirire mibi mu bana

Umwanditsi
February 27, 2023

Abakora mu bigo nderabuzima byo mu karere ka Muhanga baranengwa kudohoka mu kugaragaza ibipimo by’abana bafite ikibazo cy’igwingira n’imirire mibi. Ni mu gihe aba bakora muri ibi bigo nabo biyemerera ko koko bagize intege nkeya mu gukurikirana abajyanama b’ubuzima.

Ibi byagarutsweho mu nama yateguwe n’Akarere ka Muhanga ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no kurengera Umwana hagamijwe kurebera hamwe ibijyanye n’uko hahagurukirwa ibibazo by’igwingira n’imirire mibi mu bana.

Umukozi ushinzwe imirire y’umubyeyi n’umwana mu kigo cy’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no kurengera Umwana, Faustin Machara avuga ko iyi nama yatumijwe hagamijwe kurebera hamwe ibibazo bibangamiye imibereho y’umwana no guhangana n’ibibazo bikigaragara by’imirire mibi n’igwingira.

Yongeyeho ko ibijyanye n’imibare itari myiza bagaragaje ikwiye gusubirwamo kugirango hagaragazwe imibare ihamye kuko iyo itagaragajwe bituma iteganyamigambi kuri aba bana ridashoboka. Ko kandi kutagaragaza imibare bituma ya mata bagombaga kuzahabwa batayahabwa. Ashimangira ko kuba abana bafite igwingira atari wowe uba waribateye, ko icyo usabwa ari ukugaragaza ikibazo gihari kigashakirwa igisubizo.

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cyo mu karere ka Muhanga wadusabye ko tutatangaza amazina ye, yavuze ko habayeho uburangare mu gukurikirana ibijyanye n’imibare yo gupima abana bikozwe n’abajyanama b’Ubuzima. Ahamya ko bagiye kongera gupima hagamijwe gukosora ibitaragenze neza kugirango imibare iboneke kandi yizewe, bityo ibe yanashingirwaho hakorwa igenamigambi rihamye.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mugabo Gilbert avuga ko buri wese akwiye kugaragaza ibibazo bihari. Ashimangira ko kandi bagomba kureba icyuho aho kiri, bakanareba niba koko hatari ibikorwa ariko mu gihe cyo gutanga raporo ntibabitange kuko buri kwezi barapima. Yemera ko imibare yatanzwe ari ukuri, akavuga ko kuyigaragaza bifasha mu gushaka igisubizo.

Akarere ka Muhanga nkuko byagaragajwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare mu mwaka wa 2020/2021, ibijyanye n’imibare y’abana bagwingiye bangana na 35,8% naho imirire mibi mu kwezi gushize kari kuri 2% ku bana bapimwe.

Muri Gahunda ya Leta ijyanye n’icyerekezo cya 2024 (NST1), igaragaza ko igihugu kifuza ko igwingira rigomba kuba ryagabanutse rikagera ku kigero cya 19% mu Rwanda, mu gihe kugeza ubu ku rwego rw’Igihugu bigaragara ko bageze kuri 33% mu bijyanye n’igwingira.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5815 Posts

Politiki

4066 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

995 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga