• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
16/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
16/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
16/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
16/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Muhanga: Ubuyobozi bwategetswe kwishyura no kubakira umuturage wasenyewe inzu

Umwanditsi
March 7, 2023

Umuvunyi Mukuru Nirere Madeleine yategetse akarere ka Muhanga kubakira umuturage witwa Nikuze Vestine wasenyewe inzu n’Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyamabuye buvuga ko yubatswe mu buryo butujuje ibyasabwaga. Uretse ku mwubakira, bwanasabwe kumwishyura ibyaburiye muri uku kumusenyera, cyane ko bahengereye adahari.

Ibi, Umuvunyi mukuru yabitegetse ubwo yahuraga n’abaturage muri gahunda yo kwakira no gukemura ibibazo bitakemuwe n’izindi nzego bigaragaramo akarengane  mu karere ka Muhanga, aho bari mu Murenge wa Nyamabuye, Akagali ka Gifumba mu mudugudu wa Rugarama.

Yagize Ati” Ntabwo byumvikana kubona umuturage asenyerwa inzu agasembera kandi bigakorwa n’ubuyobozi, kandi bigakorerwa uwakagombye gusigasirwa. Twemeje ko bagomba kumwubakira kuko yararenganyijwe kandi n’ibindi yabuze nabyo akazabihabwa kuko yarasemberejwe bitari bikwiye”.

Umuvunyi mukuru, akomeza yibutsa ko uko byakozwe kose byakozwe n’Ubuyobozi bityo ari nabwo bugomba kwirengera amakosa yakozwe, bukishyura uyu mubyeyi kandi akubakirwa inzu ye ndetse n’amafaranga ibihumbi 500 avuga, bazasuzuma uko ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu bari babihaye inzira yo gukemuka bikaba byaherwaho hakarebwa niba yayahabwa n’ubuyobozi bw’akarere.

Nikuze Vestine wasenyewe inzu, yabwiye umuvunyi mukuru ko iyi nzu yasenywe yagiye iwabo i Kinazi, isenywa n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye buhagarikiwe n’uwari umuyobozi icyo gihe Mugunga Jean Baptiste ndetse na Polisi yari ihari.

Yagize Ati” Njyewe nkeneye kurenganurwa kuko nasenyewe inzu n’ubuyobozi ntahari nagiye iwacu i Kinazi, ndetse mburiramo amafaranga ibihumbi 500 nari nagurishije umurima nshaka kuzana umuriro n’amazi, bigendera muri iryo senya ariko namenye ko abansenyeye bari bahagarikiwe n’ubuyobozi bw’umurenge hakiyongeraho n’abapolisi. Icyo gihe uyu murenge wayoborwaga na Mugunga Jean Baptiste”.

Akomeza avuga ko nyuma y’aho icyorezo cya COVID-19 gitereye yagize ubuzima bubi, agurisha ikibanza cyasenywemo inzu kugirango abashe gutunga abana be kubera ubuzima bubi bwo kutagira icumbi kandi yararyigeze. Abajijwe n’umuvunyi mukuru ko yabona ikibanza bakamwubakira, yasubije ko ntacyo yabona.

Kayitare Jacqueline/Meya Muhanga

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline yavuze ko bagiye kumushakira aho bamwubakira kuko yagiriwe akarengane kandi nta muntu ukwiye kurenganywa.

Mu mwaka ushize ubwo urwego rw’umuvunyi rwazaga mu bukangurambaga bwo kwakira ibibazo by’Abaturage, bakiriye ibibazo 116 ibisaga 90 byarakemutse naho ibyasigaye byoherezwa mu zindi nzego kugirango bikurikiranwe.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga