• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
29/06/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
29/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
29/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
29/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe

Ruhango: Hagenimana bamusanze yapfuye nyuma yo kuvugwaho gutema batatu barimo na Nyirabukwe

Umwanditsi
July 18, 2023

Umugabo w’Imyaka 30 y’amavuko witwa Hagenimana Vincent utuye mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, ahagana ku I saa tatu z’ijoro ry’uyu wa 17 Nyakanga 2023 yatemye abantu batatu barimo umugore we na Nyirabukwe, nyuma nawe baza kumusanga ku munara yapfuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire w’Umurenge wa Byimana, Musabyimana Marie Claire yemeje aya makuru y’uko uyu mugabo koko yatemye abantu batatu barimo Nyirabukwe n’abakobwa be barimo n’umugore we.

Yagize Ati” Nibyo koko uyu mugabo yatemye Nyirabukwe, umugore we na muramuwe (Murumuna w’umugore we) abasanze aho babaga“.

Akomeza yemeza ko uyu kugabo nta myitwarire idasanzwe yari asanganywe, ariko amakuru y’ibanze yabonywe ni uko yari yaragiranye amakimbirane n’umugore we, aramuhunga ajya iwabo ari naho yamusanze arabatema akoresheje umuhoro.

Mu yandi makuru ni uko uyu Hagenimana yagiye afite intego yo kubatwika kuko yari yitwaje lisansi kandi yabanje kuyimena azenguruka inzu bamwumvise ahita akubita urugi atangira kubatema.

Uyu muyobozi, akomeza avuga ko aba batemwe bose bajyanywe kuvurirwa mu bitaro bya Kabgayi kugirango bitabweho. Nyuma y’aho akoreye ibi yahise ahunga aza kuboneka nawe yapfuye, aho bikekwa ko yaba yiyahuye kuko yabonetse ku munara w’itumanaho uri mu kagali ka Kamusenyi. Yabonetse afite ibikomere bigakekwa ko yaba yuriye umunara w’itumanaho agasimbuka akiyahura.

Mu gitondo cy’uyu munsi tariki ya 18 Nyakanga 2023, Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango yaje gusura abaturage baturanye n’aba batemwe, arabaganiriza arabahumuriza ababwira ko hari icyizere ko aba batemwe bari bukire vuba.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5822 Posts

Politiki

4073 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

997 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga