• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
31/05/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
31/05/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube
31/05/25
Kamonyi-Kwibuka 31: Umuntu arema undi amuhaye urugero-Dr Jaribu Théogène
31/05/25
Kamonyi: Perezida wa Njyanama y’Akarere yasabye Abajyanama kwibuka ko bafitanye Igihango n’Abaturage
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Imirambo y’abantu 2 yabonywe mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro
31/05/25
Kamonyi-Rukoma: Umurambo w’umugabo wasanzwe umanitse mu kiraro cy’ingurube

Kamonyi-Girinka Mwarimu: Abarezi ba G.S Rose Mystica bagabiye aba E.P Nyagihamba

Umwanditsi
December 10, 2023

Mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Kagame Paul yo guhindura ubuzima bw’Abanyarwanda bukarushaho kuba bwiza binyuze muri gahunda ya “Girinka Munyarwanda”, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 10 Ukuboza 2023 Abarezi bo m’Urwunge rw’Amashuri“ Rose Mystica” rwo ku Kamonyi bagiye mu Murenge wa Nyarubaka bagabira abo mu ishuri ribanza rya Nyagihamba Inka ihaka, banasezeranywa indi. Ni mu rwego rwo kurushaho gufasha Mwarimu kugira imibereho irushijeho kuba myiza.

Ni Gahunda ya “Girinka Mwarimu” yatangijwe na Sendika y’Abarimu bo mu Rwanda-SNER( Syndicat National des Enseignants au Rwanda) muri Kamonyi. Ku ikubitiro, hatanzwe inka 9 zihabwa abarezi ba GS Mugina, Nyuma na bo G.S boroza aba G.S Rose mystica inka 3, none na bo bituye bagenzi babo bo mu ishuri ribanza rya Nyagihamba.

Uretse kuba aba barezi bagabiye bagenzi babo Inka, byanabaye umwanya mwiza wo Gutsura umubano w’Ibigo byombi, babwirwa kandi ko intego ari uko n’abandi barezi bo mu bindi bigo bazagenda borozwa Inka buhoro buhoro, bakagenda bahindura imibereho yabo, ubuzima bukaba bwiza kurusha.

Uhagarariye Sendika y’Abarimu-SNER muri Kamonyi, Bwana Munyaneza Emmanuel, mu gusoza ibirori by’uyu munsi byo gutanga iyi Nka, yabwiye aba barezi ba E.P Nyagihamba ko Sendika ahagarariye ibagabiye indi Nka.

Inka yari ishyikirijwe abarezi n’ubuyobozi bw’ikigo.

Aganira na intyoza.com, Bwana Munyaneza yavuze ko nubwo Inka ishyikirizwa ikigo ariko Abarimu aribo bayifiteho ijambo, ari nabo bayakira, ko kandi ari bo ifitiye umumaro kuko umusaruro wayo uza mu buzima bwabo bwa buri munsi mu buryo bwose.

Yagize ati“ Inka ntabwo ari iz’ikigo. Ni iz’Abarimu kuko iyo inka ibyaye Ikimasa baracyorora bakakigurisha amafaranga akajya mu Kimina cyabo, hagati yabo. Iyo ibyaye Inyana ubwabo barayitombora, utomboye nomero ya mbere akayitwara undi akazatwara indi. Niba ari Amata bakamye, bagura ubwatsi asagutse bakayagabana binyuze mu kimina cyabo”.

Umuyobozi wa G.S Rose Mystica n’uwa E.P Nyagihamba.

Munyaneza Emmanuel, avuga ko uruhare rwa Sendika y’Abarimu ari ukubafasha guhindura ubuzima bakiteza imbere, kubaba hafi mu buryo bwose. Atanga urugero rw’aho ayobora ko bigeze guhabwa Inka na Sendika babona ntaho kuyororera kubera nta butaka buhagije, bavunjamo kubaha ibihumbi Magana atanu y’u Rwanda( 500,000Frws) bayashyira kuri Konti y’ikimina cy’Abarimu, bagura imashini zogosha bibafasha kugira icyo binjiza ubwabo.

Agira kandi ati“ Girinka Mwarimu yahinduye ubuzima bwa Mwarimu mu buryo bugaragara. Uretse n’imirire, hari ibyo Bimina aho usanga bagurizanya hagati yabo. Buriya “utakuzi ntakubara”. Umwarimu ashobora kuba afite nk’ikibazo cy’amafaranga ibihumbi icumi( 10,000Frws), aho kujya kuyaguza umucuruzi akamwumvira ubusa nta nayamuhe, ubu baragurizanya hagati yabo, umwaka warangira bakagabana….”.

Munyaneza Emmanuel, avuga ko mu bigo aho izi Nka zimaze kugezwa, ubuzima bw’abarimu bwarushijeho kuba bwiza. Avuga ko nko muri iyi gahunda y’imirire mu kigo( school feeding), abarimu bitangira umusanzu uvuye mu musaruro bakesha Inka bahawe, bakarya ku ishuri, bakanywa amata igihe zikamwa, igurishijwe bakayashora mu mirire cyangwase ibindi babona byabafasha guhindura uhuzima bukaba bwiza kurusha.

Byari ibirori.

Abarimu bo muri iki kigo cy’ishuri ribanza rya Nyagihamba ndetse na bagenzi babo ba G.S Rose Mystica, bashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Kagame Paul we wageneye “Girinka mwalimu”. Bagira bati “Azahorane Amata Ku ruhimbi”.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Teacher says:
    December 11, 2023 at 6:55 am

    Ni byiza rwose iyi gahunda ya Girinka Mwarimu ni nziza ariko hari bamwe muri twe twabaye indashyikirwa ariko twe amaso yaheze mu kirere nta nka twabonye kanndi abandi Bose b’imbere yacu barabazituriye!Mbese iriya gahunda yararangiye yo korozanya ku ndashyikirwa?

    Muzatubarize

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5805 Posts

Politiki

4056 Posts

Ubuhinzi

146 Posts

Ubukungu

994 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga