• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
16/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Abantu basaga ibihumbi 320 nibo bitezwe gusura Expo 2016

Umwanditsi
July 26, 2016

Mu imurikagurisha (Expo 2016) riteganijwe kubera i Kigali ku nshuro ya 19, hitezwe ko rizitabirwa n’abantu basaga ibihumbi 320.

Ubuyobozi bw’urugaga rw’abikorera (PSF) mu kiganiro n’itangazamakuru cyo kuri uyu wa mbere Taliki ya 25 Nyakanga 2016 ku cyicaro cy’urugaga, buhamya ko imurikagurisha ry’uyu mwaka wa 2016 rizitabirwa n’abasaga ibihumbi 320 mu minsi rizamara.

Ubu buyobozi, buvuga ko uko imyaka igenda isimburana ari nako uburyo bw’imitegurire burushaho kunozwa ndetse n’abitabira Expo bakagenda barushaho kwiyongera, ibihugu 17 nibyo bizaba bifite ababikomokamo bazanye ibintu byabo mu imurikagurisha.

Uretse uyu mubare utangazwa w’abateganyijwe kwitabira imurikagurisha ku bwinshi, ubuyobozi bwa PSF butangaza ko n’abazitabira kumurika ibyabo nabo atari bake kuko bavuye kuri 408 muri Expo ya 2015 bagera kuri 419 uyu mwaka, barimo abanyamahanga 148 naho 271 bakaba abanyarwanda.

Imyiteguro y'ahazabera imurikagurisha igeze kure.
Imyiteguro y’ahazabera imurikagurisha igeze kure.

Ubu buyobozi buhamya ko hari byinshi byagiye bihinduka hagamijwe kunoza imitegurire kugira ngo abazitabira imurikagurisha ry’uyu mwaka baba abazaryitabira bamurika, baba se abazarisura bazabone ibyiza biruta ibyo babonye mu imurikagurisha ry’ahahise.

Imurikagurisha ku nshuro ya 19 ry’uyu mwaka wa 2016, riteganijwe gutangira kuri uyu wa gatatu Taliki ya 27 Nyakanga 2016 rikazasozwa Taliki ya 10 Kanama 2016. rizabera i Gikondo aho risanzwe ribera, biteganyijwe ko rizajya rifunga saa yine z’ijoro nta gihindutse kuko ngo bisabwe n’abazaryitabira byanahinduka amasaha akiyongera.

Ubuyobozi bwa PSF, butangaza kandi ko mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere buteganya ko imurikagurisha(Expo) yazimurirwa i Gahanga mu karere ka Kicukiro kuko ariho babonye ubutaka buhagije bugiye gutangira gutunganywa kugira ngo hazabe ariho hazajya hakira imurikagurisha.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga