• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Polisi y’u Rwanda yifatanije n’abaturage ba Kicukiro mu gikorwa cy’umuganda

Umwanditsi
July 31, 2016

Mu gikorwa cy’umuganda usoza kwezi kwa Nyakanga, Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bifatanije n’abanyakicukiro bita cyane ku gutunganya aho abanyamaguru bambukira mu muhanda.

Mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 30 Nyakanga 2016 hirya no hino mu gihugu, Polisi y’u Rwanda n’abandi bafatanyabikorwa bayo bifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Gahanga akarere ka Kicukiro, igikorwa cyaranzwe ahanini no gusiga amarangi ahagenewe kwambukirwa n’abanyamaguru mu muhanda (Zebra Crossing).

Mu bitabiriye iki gikorwa harimo umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburezi Dr Ntivuguruzwa Celestin abahagarariye umuryango mpuzamahanga w’ubutwererane wa Koreya y’amajyepfo(KOICA), abahagarariye ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubwikorezi (RTDA), abayobozi b’akarere ka Kicukiro n’abahagarariye Polisi y’u Rwanda

Nyuma yo gusiga ayo marangi Dr Ntivuguruzwa yashimiye Polisi y’u Rwanda kubera uruhare igira mu bikorwa byo guteza imbere igihugu, anayisaba gukomeza gushishikariza cyane cyane abatwara ibinyabiziga kwirinda impanuka.

Akaba yagize ati:”Dufatanyije n’abafatanyabikorwa bacu cyane cyane uyu muryango mpuzamahanga w’ubutwererane wa Koreya y’amajyepfo, dufite gahunda yo gusiga amarangi mu muhanda ahagenewe kwambukirwa n’abanyamaguru aho ariho hose hafi ya buri kigo cy’amashuri mu mujyi wa Kigali byanadushobokera tukanabikora no mu zindi ntara”.

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro Dr Nyirahabimana Jeanne yavuze ko umuganda ari kimwe mu bisubizo abanyarwanda bishatsemo bagakora ibikorwa bibateza imbere ku buryo ubu n’abanyamahanga bigiye k’u Rwanda bakaba basigaye bakora umuganda mu bihugu byabo.

Nawe yashimiye Polisi y’u Rwanda kubera umutekano usesuye iha abanyarwanda nabo bakabona uko bakora ibikorwa bibateza imbere.

Kabanda aganira n'abaturage
Nyuma y’igikorwa cy’umuganda baraganiye.

Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kabanda, yashimiye abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda kubera igikorwa  cyo gusiga amarangi ahagenewe kwambukirwa n’abanyamaguru mu muhanda bari bamaze kugiramo uruhare, asaba ko ubu bufatanye bwakomeza.

Akaba yagize ati:”Ubufatanye nk’ubu hagati ya Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego butuma Polisi y’u Rwanda igera ku ntego zayo zirimo gucunga umutekano w’abanyarwanda n’ibyabo harimo no kubarinda impanuka zo mu muhanda”.

Yasoje asaba abaturage b’umurenge wa Gahanga gufata neza no kurinda ibyapa biba biri ku mihanda, anabasaba kwigisha abana babo cyane cyane abanyeshuri uko bambuka umuhanda.

Iyi nkuru tuyikesha Polisi y’u Rwanda

Munyaneza Theogene / Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga