• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Ingabo z’u Rwanda za Batayo ya 3 ziri muri Santarafurika zashimiwe

Umwanditsi
August 6, 2016

Uwungirije Umugaba Mukuru w’Ingabo za MINUSCA yashimye uburyo ingabo z’u Rwanda zikora Kinyamwuga.

Uwungirije Umugaba Mukuru w’ingabo za Loni zibungabunga amahoro muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA), Maj Gen SIDIKI D. TRAORE yishimiye cyane uburyo ingabo z’u Rwanda zikora kinyamwuga mu butumwa bw’amahoro.

Maj Gen SIDIKI TRAORE, ibi yabivugiye mu kigo kibamo ingabo z’u Rwanda cyitwa: SOCATEL M’Poko camp, kiri mu murwa mukuru i Bangui, ubwo yasuraga ingabo z’u Rwanda za Batayo ya 3 zikorera ubutumwa bw’amahoro muri Repuburika ya Santarafurika.  CO Batayo 3

Gen Traore, mu byo yaganirije ingabo z’u Rwanda, yavuze ko kuva yatangira ubutumwa bwe muri MINUSCA atatunguwe n’ibivugwa ko ingabo z‘u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro ari intangarugero, bafite ikinyabupfura, bakaba banakora akazi kinyamwuga.

Yagize ati: “Ntabwo natunguwe no kumva ko ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro ari intangarugero, kubera ko ubunyamwuga bwanyu burazwi ku Isi hose ahakorerwa ubutumwa bw’amahoro muri Loni”.

Yakomeje yifuriza ingabo z’u Rwanda gukomera ku kinyabupfura bafite no kwirinda ikintu cyose cyasiga isura mbi ibikorwa byabo nko gukora ihohotera rishingiye ku gitsina iryo ariryo ryose byagaragaye ko ari bimwe mu bikunze kwangiza isura y’ingabo mpuzamahanga ziba ziri mu butumwa.

CO1Batayo 3

Muri uru ruzinduko, Uwungirije Umugaba Mukuru w’ingabo za MINUSCA yari kumwe n’Umuhuza w’Ibikorwa byose bya Gisikare i Bangi, Brig Gen M. ZANKARO hamwe n’abandi ba Ofisiye batandukanye bakorera muri MINUSCA.

Iyi nkuru tuyikesha urubuga rwa Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga