• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Imwe mu mirenge ikomeje kugaragaza intege nke mu bwisungane mu kwivuza

Umwanditsi
August 8, 2016

Imirenge itatu gusa mu karere ka Kamonyi muri 12 ikagize, niyo yashoboye kujya ku kigero cyo hejuru ya 50% mu gutanga ubwisungane mu kwivuza mu cyumweru dushoje.

Mu karere ka Kamonyi, muri iki cyumweru gitambutse cyashojwe kuwa gatanu Taliki 5 Kanama 2016 ubaze iminsi y’akazi, bigaragara ko imirenge 9 muri 12 yagize ubwitabire buri hasi cyane mu gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de Sante).

Imirenge 3 gusa muri 12, niyo yabashije kugera ku kigero cyo hejuru ya 50% mu gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza mu gihe indi mirenge igenda biguruntege,  icyenda yose ikaba iri munsi 50%.

Umurenge ugaragara ko wanikiye indi ni umurenge wa Mugina aho ufite 58.3%, uwa kabiri ni Rugarika ifite 52.7%, uyu nawo ugakurikirwa n’umurenge wa Kayumbu ufite 51.0% naho umurenge uherekeje indi ariwo wa nyuma ni Kayenzi aho ufite 36.9%.

Uko buri murenge uhagaze, abaturage bawo n'ubwitabire.
Uko buri murenge muri 12 igize akarere ka Kamonyi uhagaze, abaturage bawo, ubwitabire n’amafaranga.

Uwamahoro Prisca, Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi wunjirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, aganira n’intyoza.com yavuze ko ikibazo cyo cyagaragaye, yakomoje ku mpinduka z’ibyiciro by’ubudehe byatumye bamwe mu baturage batinda kwitabira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.

Uwamahoro, yemeza ko umusaruro utabaye mwiza mu cyumweru gitambutse, avuga kandi ko ubuyobozi bw’akarere n’izindi nzego bireba bwafashe ingamba zizatuma umusaruro wiyongera, yizeza impinduka ashingiye ku ngamba zafashwe n’ubuyobozi.

Uyu muyobozi, ahamya ko iki cyumweru gitangiye igipimo cyo kwitabira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza kizazamuka ku buryo bugaragara, avuga ko mu gihe umuturage yarwara ntabone uko yivuza byaba ari ikibazo gikomeye kuko ngo ubuzima aribwo bwa mbere.

Uwamahoro Prisca, avuga ko mu ngamba zafashwe harimo gushyira imbaraga mu kurushaho kwegera abaturage bakaganirizwa, kwita cyane ku mirenge igaragara ko iri inyuma ariko kandi ngo n’indi nayo igasabwa kutirara ahubwo ikarushaho kongeramo imbaraga.

Zimwe mu ngamba uyu muyobozi yatangarije intyoza.com zishingiye ku gukora ubukangurambaga urugo ku rundi, gahunda yatangiye hamwe mu mirenge yiswe “Nibature” aho ngo hafatwa nk’isaha imwe mu gitondo mbere y’akazi bakaganira mu buryo bw’ubukangurambaga mu gutanga ubwisungane mu kwivuza n’izindi gahunda.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga