• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Inzu y’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda yafashwe n’inkongi y’umuriro

Umwanditsi
August 11, 2016

Inzu y’umuturirwa ya Pasiteri Bizimungu wabaye Perezida w’u Rwanda, yafashwe n’inkongi y’umuriro igobokwa na Polisi itarakongoka.

Kuri uyu wa Kane taliki ya 11 Kanama 2016, inzu y’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda Pasiteri Bizimungu iherereye mu karere ka Gasabo umurenge wa Kacyiru akagari ka Kamukina yafashwe n’inkongi y’umuriro itabarwa na Polisi iyizimya itarakongoka.

Inzu ya Bizimungu Pasiteri yafashwe n’inkongi y’umuriro, iherereye inyuma ya ambasade y’abaholandi kugahanda gaturuka ahazwi nka KBC ka kagera munsi y’ahatuye ambasaderi wa Amerika, ni inzu y’ubucuruzi bw’ibintu bitandukanye ariko ikagira n’igice kitari gito gicururizwamo ibitabo kirimo isomero ry’Ikirezi (Ikirezi Library).

Uko inzu igaragara urebeye imbere.
Uko inzu igaragara urebeye imbere.

Ubwo iyi nzu y’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda Bizimungu Pasiteri, yafatwaga n’inkongi y’umuriro, ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya inkongi z’imiriro ryatabaye ribasha kuzimya igice cyari cyahashwe n’inkongi bituma inzu idakongoka yose.

Amakuru agera ku intyoza.com ahamya ko Nyirabayazana w’iyi Nkongi y’umuriro ari umuriro w’amashanyarazi waba watewe n’ibikorwa byo gusudira byakorerwaga kuri iyi nyubako nubwo Polisi yo igikomeje iperereza riganisha ku kumenya imvo n’imvano y’iyi nkongi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga