• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi-Runda: Umugabo yishe umugore we akoresheje isuka

Umwanditsi
February 19, 2025

Mu masaha y’iri joro ryo ku wa 19 Gashyantare 2025 mu Kagari ka Ruyenzi, Umudugudu wa Rugazi, Umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi, umugabo yishe umugore we akoresheje isuka yamukubise mu mutwe atema, arapfa.

Amakuru intyoza.com ikesha bamwe mu baturage baturiye hafi y’ahabereye ubu bugome bw’uyu mugabo wishe umugore we, bavuga ko uyu mugabo yitwa Maniraguha Wellars w’imyaka 50 y’amavuko, mu gihe Umugore we yishe yitwa Bandekayo Venantie w’imyaka 45 y’amavuko.

Andi makuru, ni ay’uko igihe uyu mugabo yasubiraga mu rugo avuye kwica umugore we, abana ngo bamubajije ngo“ Ese Papa, Mama ari he!? Abasubiza mu ijwi riremereye ati“ Nyoko n’agasuzuguro ke sha! Mu mutegereze”. Nyuma yahise asohoka mu rugo arahunga nubwo ijoro ritamuhiriye.

Nyuma y’uko abana babwiwe ayo magambo kandi bakabona Se agiye, bagiye gushakisha Mama wabo kuko babonaga ko hari ikidasanzwe, muri uko gushakisha bamusanga ahantu hari akagezi ndetse impande ye hari n’isuka yamwicishije aribwo bahise batabaza.

Amakuru agera ku intyoza.com arahamya neza ko mu bufatanye bwa Polisi n’abaturage uyu mugabo wishe umugore we yashakishijwe impande zose agafatwa, aho yahise ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi na RIB ya Runda, Ruyenzi.

Ndayisaba Jean Pierre Egide, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko aya makuru bayamenye y’uko umugabo yishe umugore we kandi ko birimo gukurikiranwa.

Amakuru kandi ahari ni ay’uko inzego bireba, Polisi na RIB bahise batangira iperereza mu rwego rwo gushaka kumenya imvano y’ubu bugome busize uyu mubyeyi yicwa. Gusa kandi hari andi makuru bamwe mu baturage bahaye umunyamakuru bavuga ko uyu muryango wajyaga ugirana amakimbirane.
Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Devothe says:
    February 20, 2025 at 12:50 pm

    Uyu mwicanyi ahanwe

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga