• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kigali-Rwesero: RIB yasabye Abaturage kuba Abafatanyabikorwa beza mu gukumira ibyaha

Umwanditsi
March 13, 2025

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB kuri uyu wa 12 Werurwe 2025 rwagiranye ibiganiro n’Abaturage mu Murenge wa Kigali, Akagari ka Rwesero hagamijwe kubasobanurire imikorere ya RIB ariko kandi no kubasaba kugaragaza uruhare rwa buri wese mu gukumira no kurwanya ibyaha birimo; Ihohoterwa rishingiye ku gitsinda, Ubujura, ibyaha bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga n’ibindi byiganje.

Ntirenganya Jean Claude, Umukozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB mu ishami ryo gukumira ibyaha yabwiye Abanyarwesero n’Abaturage b’Umurenge wa Kigali muri rusange ko inshingano yo gukumira no kurwanya ibyaha itagerwaho na RIB gusa hatabayeho ubufatanye bw’abaturage. Yabasabye kuba abafatanyabikorwa beza mu kuzuza iyo nshingano batangira amakuru ku gihe y’abo bakekaho gukora ibyaha.

Abaturage, babwiwe ko Igihe RIB ije kugenza ibyaha igasanga wari uzi amakuru, warahishiriye ukekwaho gukora icyaha, ko icyo gihe nawe ufatwa nk’umufatanyacyaha kuko wamenye amakuru yafasha gukumira cyangwa gufata ukekwa ariko ntuyatange.

Ntirenganya, yabwiye aba baturage ko RIB idashinzwe gusa gufata no gufunga, ko abafatwa biterwa n’ibyo bakoze biba bigize ibyaha. Ati“ Bafatwa n’ibikorwa bibi bakoze bigize ibyaha”. Yakomeje ababwira ko bakwiye kumva ko RIB ihari kugira ngo ibarinde abo babakorera ibyaha, ababikekwaho bafatwe amategeko abakanire urubakwiye ariko kandi bigizwemo uruhare n’Abaturage kuko abo bakora ibyaha baba babazi kuko babana nabo, basangira nabo, bagendana nabo.

Ntirenganya Jean Claude/RIB.

Avuga ku ihohoterwa rishingiye ku Gitsina, Ntirenganya yabwiye abaturage ko ririmo ibyaha byinshi bitandukanye nko; Gukubita no gukomeretsa, ibikorwa bibabaza Umubiri, kubabaza umuntu mu mitekerereze, iterabwoba ryo kumukorera ibyo bikorwa, Agahato no kumubuza umudendezo, Ukwicana, Gukoresha Umutungo binyuranije n’Amategeko hagati y’Abashakanye n’ibindi. Ni ibikorwa kandi bishobora gukorwa mu ruhame cyangwa mu ibanga( ahiherereye).

Avuga ko mu muryango wagutse uhasanga bimwe muri ibi byaha. Agasaba buri wese kudahishira kuko iyo RIB ije igasanga wari usanzwe ubizi nawe ujya mu bafatwa kuko ufatwa nk’umufatanyacyaha, nk’uwamenye ikibi gikorwa ntutange amakuru kandi uyazi.

Ntirenganya, aganira n’umunyamakuru wa intyoza.com yavuze ko hari ibyo abantu bakwiye gucikaho bitaga ko biri mu muco nk’aho wasangaga bavuga ngo niko zubakwa. Asaba buri wese guhaguruka agaca ukubiri n’ikibi, yaba ugikora, ugikorerwa cyangwa ubona abagikora. Ati“ Aho wabona ihohoterwa ntabwo ugomba kurihishira. Nawe ubwawe niba wibaniraga naryo ukibeshya ko wenda ari kwa kundi byari mu muco ariko umuco utakiri uw’uno munsi; Niko zubakwa, niko byahoze, niko bigomba kugenda…., ibyo ng’ibyo biciye ukubiri n’icyo amategeko ateganya”.

Ahamya ko uyu munsi nta munyarwanda ukeneye kumva izo mvugo n’imigirire ya; Niko zubakwa kandi umuntu ahora ku nkoni. Ati“ Ntabwo dukeneye niko zubakwa umuntu yumvako umutungo mwavunikiye mwembi agomba kuwukoresha uko yishakiye! Iyo niko zubakwa ijyana ku burenganzira buri hejuru y’ubwa mugenzi wawe ntabwo tugomba kuyishyigikira kandi niwo muco tugomba gutoza umuturage w’Umunyarwanda w’uyu munsi”.

Ibiro bigendanwa bya RIB/Mobile Station, aho abaturage bakirwa mu ibanga akaganira n’umugenzacyaha bonyine.

Akomeza avuga ko abantu bakwiye kumenya no kumva ko kuba haboneka imibare iri hejuru mu byaha bitavuze ko ibyaha byiyongera cyane, ko ahubwo ari uko akenshi abantu begerewe bakigishwa, bagasobanurirwa, bakajijuka bagatinyuka kuvuga aho guhishira nk’uko byahoze mbere bataratinyuka cyangwa ngo batinyurwe.

Nk’umukozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB, Ntirenganya avuga ko yishimira kuba abaturage bagaragaza ko bamaze gusobanukirwa n’imikorere y’uru rwego. Abibutsa kandi ko badakwiye gutinya RIB ahubwo bakwiye kuyegera bagafatanya gukumira no kurwanya ibyaha cyane ko aba RIB ni Abavandimwe babo, Abana babo, Ababyeyi babo, Inshuti, mbese bagize umuryango umwe ukwiye gufatanya mu gukumira no kurwanya ikibi cyose.

Gitifu mushya wa Kigali.
Ntirenganya Jean Claude/RIB yasabye Abaturage kudatinya RIB, ahubwo ko bakwiye kuyegera bagatanga amakuru afasha mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga