• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
11/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
11/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
11/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Kamonyi-Karama/Kwibuka31: Kwibuka bidufasha gusubiza agaciro abishwe-Meya Dr Nahayo

Umwanditsi
April 8, 2025

Mu gutangiza icyumweru cy’icyunamo ndetse n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvere yasabye abateraniye ku rwibutso rw’I Bunyonga mu Murenge wa Karama aho ku rwego rw’Akarere bibukiye kuzirikana ko Kwibuka ari igikorwa cy’ingenzi gifasha gusubiza abishwe agaciro bambuwe, ko ari umwanya wo guhumuriza abarokotse, ariko kandi bikanatanga imbaraga zo kwiyubaka no kubaka Igihugu.

Meya Dr Nahayo, yibukije buri wese kuzirikana amateka yatumye Jenoside yakorewe Abatutsi ibaho, kwibuka urugendo rwo kubaka Igihugu, Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda no kuzirikana ko uruhare rwa buri wese rukenewe mu kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyo igaragaramo byose.

Yasabye buri wese kuzirikana ko muri iki gihe cy’iminsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye kuba hafi y’abarokotse Jenoside batishoboye, kubahumuriza no kubafata mu mugongo kugira ngo badakomeza guheranwa n’agahinda.

Yagize kandi ati“ Muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, turasaba buri wese kugira uruhare mu kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside. Turashishikariza abakuze ndetse by’umwihariko urubyiruko kugira uruhare mu kubaka Igihugu kitarangwamo Ingengabitekerezo ya Jenoside“.

Dr Nahayo Sylvere, yibukije kandi ko muri iki gihe cy’iminsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, hirya no hino hazakomeza ibikorwa byo Kwibuka, haba mu bigo bya Leta, Ibyigenga ndetse n’iby’Abikorera kandi bikazakorwa ku minsi yatoranijwe, aho byose bizasozwa ku wa 03 Nyakanga 2025.

Yunzemo, ati“ Duharanire ko buri wese yumva akamaro ko Kwibuka kandi dusabe ko abantu bose babigira ibyabo. Mu miryango Ababyeyi barasabwa kuganiriza abana bakababwiza ukuri ku mateka, babigishe Urukundo, babigishe Ubumwe kuko ariwo murage dukwiye guha abakiri bato kugira ngo babashe gukomeza kubyubakiraho bubaka u Rwanda ruzira amacakubiri ndetse n’Ingengabitekerezo ya Jenoside“.

Yakomeje ashishikariza buri wese guharanira ko hasozwa iminsi 100 yo Kwibuka nta kibazo kibaye kijyanye n’Ingengabitekerezo ya Jenoside, ahubwo buri wese akarangwa no gukomeza gufatanya n’abandi kwicungira Umutekano, kwita kubihuza Abanyarwanda no ku iterambere ry’Igihugu haba mu Bukungu, Imibereho myiza ndetse no mu miyoborere, buri wese agaharanira gusoza iyi minsi 100 atekanye kandi afite icyerekezo cyo gukomeza kubaho.

Yagize kandi ati“ Amahitamo y’Abanyarwanda azakomeza kuyobora imigirire ya buri wese ndetse n’uruhare rwa buri wese mu kugena ejo heza h’Igihugu cyacu binyuze mu kwishakamo imbaraga no kudategereza ak’imuhana kaza imvura ihise”.

Meya Dr Nahayo Sylvere, yijeje abaje Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko Abanyakamonyi ko nk’ubuyobozi bw’Akarere bazakomeza gufatanya nk’Abesamihigo gushaka ibisubizo ko kandi bafatanije bizeye ko ntakizabananira.

Muri uru rwibutso rwa Bunyonga, hashyinguwemo imibiri 13,323 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Biteganijwe kandi ko tariki 20 Mata 2025 hazashyingurwa indi mibiri 10 yabonetse hirya no hino mu mirima aho abaturage bagendaga bahinga ndetse n’indi 6 yaturutse hirya no hino mu mva.


Munyaneza Théogène

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga